Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo ukomeje kuzamura ibendera ry’Igihugu cye, yatangaje ko yababajwe no kuba Guverinoma y’Igihugu cye itaramushyigikiye mu bihembo bizwi nka Grammy Awards yari ahataniyemo.

Edrisah Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru nyuma y’ibi bihembo atigeze agira amahirwe yo kwegukana.

Uyu muhanzi wari ugiye kuba Umunya-Uganda wa mbere wari kuba yegukanye igihembo muri ibi bya Grammy Awards, yishimiye intambwe yo kuba yarashyizwe mu babihataniraga, ashimira kuba uwegukanye igihembo yari ahataniyemo ari Umunya-Afurika y’Epfo.

Eddy Kenzo gusa yaboneyeho kugaya Guverinoma y’Igihugu cye itaragaragaje ko imushyigikiye muri ibi bihembo, agira ati “Kuva nagera hano muri Grammys, mu bagize Guverinoma ntawangezeho.”

Yakomeje agira ati “Gusa ntawe ndenganya kuko ubwanjye nejejwe n’uburyo nazamuye ibendera ry’Igihugu cyanjye.”

Eddy Kenzo wishimiye umudali yahawe wo kuba yarashyizwe ku rutonde rw’abahataniraga ibi bihembo, yavuze ko byamuhaye icyizere ku buryo nubwo ategukanye igikombe ariko na bagenzi be b’Abanya-Uganda, bishoboka dore ko ari n’urugero rwiza rwo kuba umuntu yava ahantu hakomeye akagera ku rwego rw’inyenyeri imurikira abandi.

Ati “Abantu bose bambona uyu munsi, babonye ko buri wese yakora nk’ibyo nakoze. Birabaha icyizere ko ibitangaza bishobora kuba, kabone nubwo baba bakomoka mu miryango iciriritse.”

Josiane
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 1 =

Previous Post

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Next Post

Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura

Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.