Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ese Muhoozi wise Perezida Kagame Se wabo yaharuriraga inzira Intumwa ya Museveni?

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Intumwa yamuzaniye ubutumwa bwa Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesengura ibijyanye na Politiki, bavuga ko kuba Perezida Paul Kagame yongeye kwakira intumwa ya mugenzi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni, bitanga icyizere ko abakuru b’Ibihugu byombi bagiye kongera kuvugana mu gihe mu minsi ishize Perezida Kagame yavuze ko badaheruka kuvugana.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame Paul yakiriye mu biro bye Ambasaderi Adonia Ayebare wari umuzaniye ubutumwa bwa mugenzi we Perezida Yoweri Museveni.

Ni intumwa yaje mu Rwanda nyuma y’amasaha macye umuhungu wa Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ashyize ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Perezida Kagame ari Se wabo ndetse ko abamurwanya baba badasize n’umuryango we kandi ko ababifite mu migambi bakwiye kubyitondera.

Mu kiganiro yagira na RADIOTV10, Umusesenguzi mu bya Politiki, Alexis Nizeyimana avuga ko akimara kubona iriya ntumwa ya Museveni yahise akubita agatima kuri ubu butumwa bwari bwabanje kwandikwa na Lt Gen Muhoozi akabona ko bwari bufite icyo bugamije.

Ati “Njyewe maze kubona intumwa ya Se iza njye nabufashe nk’ubutumwa bwayitegurizaga kugira aze azasange wenda mu bakurikira amakuru mu Rwanda bafite umutima mwiza cyangwa igitekerezo cyiza kuri bo hanyuma ubutumwa bwabo bwakirwe neza mu baturage.”

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana avuga kandi ko iyi ntumwa ya Perezida Museveni ije ari yo yagombaga kuza kuko n’ubundi ikibazo kiri ku ruhande rwa Uganda.

Avuga kandi ko yabifashe nk’ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame na Museveni baba bagiye kongera kuvugana dore ko mu minsi ishize Perezida Kagame yari yatangaje ko adaheruka kuvugana na mugenzi we Museveni haba kuri telephone no mu bundi buryo.

Ati “Icya mbere cy’iyi ntumwa ni uko yatuma telephone zongera gufunguka abakuru b’Ibihugu bakaba bavugana cyangwa na we akamwoherereza intumwa nk’uko na we yayohereje cyangwa bo bakivuganira. Ni n’urufunguzo ruturutse aho rwakagombye kuba ruturutse nyine kuko ni ho navuga ko ibintu bifungiye.”

Ikinyamakuru Chimpreports cyandikirwa muri Uganda cyitwa kigaragaza ko gifite amakuru yizewe ko ibiganiro bigamije kubyutsa imibanire y’ibihugu byombi byegereje.

Perezida Museveni kandi ku munsi w’ejo yohereje n’intumwa muri Tanzania ndetse akaba aherutse no kuyohereza mu Burundi.

Alexis Nizeyimana avuga ko ibi bigaragaza ko iyi ntumwa yakiriwe na Perezida Kagame yazanye ubutumwa burenze imibanire y’ibihugu byombi gusa ngo na byo ntibyaburamo.

Ati “Uretse ko na cyo nticyareka kuko niba ari Umukuru wa Uganda utumyeho uw’u Rwanda kandi hari icyo kibazo mpamya ko atakohereza ubutumwa ngo yibagirwe na cya kindi gisanzwe gihari.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo kuri uyu wa Kabiri yanditse ubutumwa kuri Twitter avuga ko ibi byo kohereza intumwa n’ibiganiro biba hagati y’Ibihugu byombi bitigeze bihabwa agaciro na Uganda kuko yakomeje kugirira nabi Abanyarwanda basanzwe batuyeyo n’abajyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − twelve =

Previous Post

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Next Post

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Urukiko rwategetse ko Rusesabagina azaburanishwa mu bujurire adahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.