Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in SIPORO
0
EURO 2020: Portugal izacakirana na Belgium, France iri kumwe na Suisse muri 1/8 cy’irangiza
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2021 ubwo hakinwaga imikino ya nyuma mu matsinda y’irushanwa ry’igikombe cy’u Burayi 2020 (UEFA EURO 2020), amakipe y’ibihugu nka Spain, France, Germany, Portugal na Sweden yabonye itike ya 1/8 cy’irangiza.

Ikipe y’igihugu ya Portugal iyobowe na Cristiano Ronaldo yageze muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo kunganya na France ibitego 2-2. Ibitego bya Portugal byose byatsinzwe na Cristiano Ronaldo kuri penaliti yateye mu bihe bitandukanye (31’,60’). Ibitego bya France byatsinzwe na Karim Benzema (45+2’, 47’). Cristiano Ronaldo yahise yuzuza ibitego 109 mu ikipe y’igihugu ya Portugal.

Image

Paul Pogba ukina hagati mu ikipe y’igihugu ya France agenzura umupira ubwo bahuraga na Portugal

Spain ikindi gihugu gifite izina muri ruhago y’u Burayi, yanyagiye Slovakia ibitego 5-0 mbere yo kugera muri 1/8 cy’irangiza. Ibitego bya Spain byatsinzwe na Alvaro Morata (12’), Martin Dubravka (OG,30’), Aymeric Laporte (45+3’), Pablo Sarabia (56’), Ferran Torres (67’), Juraj Kucka (OG,71’) bityo Spain izamuka iva mu itsinda rya gatanu (E) ihagaze neza mu bitego.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Sweden yatsinze Poland ibitego 3-2 mbere y’uko bagera muri 1/8 cy’irangiza. Emil Forsberg (2’, 59’) na Viktor Claesson (90+4’) batsindiye Sweden mu gihe ibitego bya Poland byatsinzwe na Robert Lewandowski (61’,84’).

Germany yazamutse muri 1/8 babanje kunganya na Hungry ibitego 2-2. Kai Havertz (66’) na Leon Goretzka (84’) batsindiye Germany mu gihe Adam Szalai (11’) na Andras Schafer (68’) batsindira Hungry.

Image

Joshua Kimmich ukinira Germany yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Hungry

Imikino ya 1/8 cy’irangiza iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021. Wales izahura na Denmark (18h00’) mu gihe Italy iri kumwe na Austria (21h00’).

Muri rusange ibihugu byageze muri 1/8 azahura muri ubu buryo:

1.France vs Swisse

2.Croatia vs Spain

3.Belgium vs Portugal

4.Italy vs Austria

5.Sweden vs Ukraine

6.England vs Germany

7.Hollande vs Czech Republic

8.Wales vs Denmark

Image

Karim Benzema (France) yabaye umukinnyi w’umukino wabahuje na Portugal

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seven =

Previous Post

Kwizera Olivier wa Rayon Sports aragera imbere y’ubucamanza

Next Post

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

MUHANGA: Hari abanyeshuri birukanwe mu kizamini bazira umusatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.