Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi baravugwaho gutegura ibitero simusiga byo kubohoza Bunagana

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi baravugwaho gutegura ibitero simusiga byo kubohoza Bunagana
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa muri iki Gihugu, baravugwago gutegura ibitero bikomeye byo kubohora Umujyi wa Bunagana umaze amezi atatu ugenzurwa na M23.

Ibi biravugwa mu gihe Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje gusaba ubuyobozi bw’Igihugu cyabo gukora ibishoboka byose kugira ngo Umujyi wa Bunaga ubohozwe.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu mujyi wa Goma habaye imyigaragambyo y’iminsi ibiri bise ‘Ville Morte’ [umujyi utarangwamo ibikorwa] yo gusaba FARDC kubohoza uyu mujyi wa Bunagana ndetse no gusaba ko MONUSCO ibavira mu Gihugu.

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko igisirikare cy’iki Gihugu gifatanyije n’ingabo z’u Burundi ziriyo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bari gutegura ibitero byo kubohoza Bunagana.

Uwitwa Aganze Rafiki ukurikirana amakuru y’ibibera muri Congo, yagize ati “Hamwe n’ingabo z’u Burundi, FARDC bari gutegura kugaba ibitero kuri M23 mu minsi micye mu rwego rwo kubohoza Bunagana.”

Uyu Aganze Rafiki kandi akomeza avuga ko ibi byatumye umutwe wa M23 utangira guhamagarira abaturage bo muri Kabindi muri Rutshuru kujya mu bice bya Chengerero na Bunagana kugira ngo batagirwaho ingaruka n’imirwano ishobora kubura hagati y’uyu mutwe na FARDC mu minsi micye iri imbere.

Ibi bitero byaba bibaye mu gihe FARDC imaze kubona ubufasha buhagije bw’ingabo ziri mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zirimo iz’u Burundi zanageze bwa mbere muri Congo zikaba zinavugwaho kuba zizafatanya na FARDC muri ibi bitero.

Umutwe wa M23 uherutse kuvugwaho ko wahunze umujyi wa Bunagana, wahakanye aya makuru, uvuga ko utigeze urekura na milimetero n’imwe ndetse ko n’ubu ugihagaze ku cyemezo cyawo cyo kuba udateze kuva muri Bunagana, igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butarashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano y’imishyikirano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Amavubi agiye kuva muri Maroc atazi uko intsinzi isa yasangiye na Ambasaderi (AMAFOTO)

Next Post

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.