Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize Umuryango w’abiyemeje guharanira gukemura ibibazo by’Igihugu muri DRC, basabye igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) n’abagifasha, kwitandukanya byihuse n’abarwanyi ba Wazalendo mu Mujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo.

Uyu muryango uzwi nka DYNAP (Dynamique des Acteurs pour les questions de la Patrie) wasabye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gukora inshingano zayo kandi igashyira iherezo ku mikoranire n’imitwe yitwaje Intwaro yo mu Gihugu.

Umuhuzabikorwa wa DYNAP, Sylvano Safari; yavuze ko ibiri kubera muri Uvira muri iki Gihe bidashobora kwihanganirwa kuko “biteye inkeke, bigaragaza gusenyuka k’ubusugire bw’Igihugu, ndetse n’ubushishozi bucye bwa Leta mu kurinda abaturage, no kugendera ku mategeko.”

Yavuze ko ibi bigaragazwa n’abakomeje kuburira ubuzima muri uriya mujyi, ndetse n’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje kuhagaragara, bityo ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora.

Yagize ati “Uvira irasa n’itakiri kugenzurwa na Leta, bitewe no kuba abayobozi bakomeje kubifata nk’ibintu byoroshye. Turi kugana mu ngaruka zikomeye, dufite ibyago byo kwinjira mu ntambara ya gisivile, nk’uko twabyiboneye mu myigaragambyo yo kwamagana General Gasita.”

Yasabye ko Guverinoma ikwiye kugira icyo ikora mu buryo bwihuse igahagarika ibikorwa byose biriho bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro birimo “imvugo zabo mbi, Leta ntikwiye kugirana imikoranire n’abatesha agaciro imiyoborere yabo mu maso y’Igihugu cyose.”

Sylvano Safari yavuze ko Leta ikwiye kumenya ko inshingano zo kugenzura ibice byose, asaba ko ibice byo muri Uvira bidakwiye kurangwamo iyi mitwe nka Wazalendo ikomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubunyamaswa.

Mu minsi micye ishize, havutse ubushyamirane hagati ya FARDC na Wazalendo bwagaragaye mu mujyi wa Uvira, kubera kwigaragambya uyu mutwe wamagana ishyirwaho rya Général Olivier Gasita washyizweho nk’Umuyobozi w’Ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi muri Rajiyo ya 33 ya FARDC.

Abarwanyi ba Wazalendo na bamwe mu baturage bamaganye uyu Mujenerali bamwita kuba umwe mu ba M23, bamushinja kuba yaranagize uruhare mu ifatwa rya Bukavu.

Ubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bwashyiragaho Umutwe wa Wazalendo ngo ufashe FARDC guhangana na M23, bamwe mu basesenguzi, bavugaga ko bizarangira ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, bwisanze mu ihuriro ryo kutabasha kugenzura abarwanyi b’uyu mutwe, igihe uzaba wijanditse mu marorerwa ukomeje kugaragaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 16 =

Previous Post

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

Next Post

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.