Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kitchanga uherereye muri Teritwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari kubera imirwano iremereye hagati y’umutwe wa M23 na FARDC noneho iri gufatanya n’Abacancuro b’Abarusiya mu buryo bweruye.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2023 nkuko byemezwa n’abari muri ibi bice byabyutse byumvikanamo urusaku rw’amasasu arimo n’aremereye.

Ibi byatumye kandi abaturage bo muri uyu mujyi wa Kitchanga bafata utwangushye, bakiza amagara yabo bahungira mu bice bibegereye bitari kuberamo imirwano nk’agace ka Mweso.

Iyi mirwano ihanganishije M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai, noneho yanagaragayemo mu buryo bweruye abacancuro b’Abarusiya.

Uri gukurikirana iyi mirwano, avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bonegeye kwihagararaho bagahangana n’ibitero bikomeye bagabweho, ku buryo aba bacancuro b’Ababarusiya bagaragaye bahunga ibirindiro bari barimo mu gace ka Bwiza, bagakizwa n’imodoka yabo ya gisirikare bahise bakubita ikibatsi cy’umuvuduko ngo bakize amagara yabo.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Kitchanga, bari guhunga mu gitondo cya kare bikoreye imitwaro irimo ibyo kuryamira ndetse bamwe bafite n’amatungo magufi yabo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe umutwe wa M23 wanashyize hanze itangazo rivuga ko ibintu biri kurushaho kuba bibi kuko FARDC n’imitwe bafatanyije ndetse n’abacancuro b’Abarusiya bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe, mu gihe wo wari uri gutegura gukomeza kurekura ibice wafashe.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, ryanagarutse kandi kuri aba bacancura b’Abarusiya, aho M23 ivuga ko Guverinoma ya DRC yabeshye amahanga ko ari abazanywe gutoza igisirikare cya FARDC nyamara bakomeje kugaragara ku ruhembe mu bitero bigabwa n’iki gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 7 =

Previous Post

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

Next Post

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.