Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kitchanga uherereye muri Teritwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari kubera imirwano iremereye hagati y’umutwe wa M23 na FARDC noneho iri gufatanya n’Abacancuro b’Abarusiya mu buryo bweruye.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2023 nkuko byemezwa n’abari muri ibi bice byabyutse byumvikanamo urusaku rw’amasasu arimo n’aremereye.

Ibi byatumye kandi abaturage bo muri uyu mujyi wa Kitchanga bafata utwangushye, bakiza amagara yabo bahungira mu bice bibegereye bitari kuberamo imirwano nk’agace ka Mweso.

Iyi mirwano ihanganishije M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai, noneho yanagaragayemo mu buryo bweruye abacancuro b’Abarusiya.

Uri gukurikirana iyi mirwano, avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bonegeye kwihagararaho bagahangana n’ibitero bikomeye bagabweho, ku buryo aba bacancuro b’Ababarusiya bagaragaye bahunga ibirindiro bari barimo mu gace ka Bwiza, bagakizwa n’imodoka yabo ya gisirikare bahise bakubita ikibatsi cy’umuvuduko ngo bakize amagara yabo.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Kitchanga, bari guhunga mu gitondo cya kare bikoreye imitwaro irimo ibyo kuryamira ndetse bamwe bafite n’amatungo magufi yabo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe umutwe wa M23 wanashyize hanze itangazo rivuga ko ibintu biri kurushaho kuba bibi kuko FARDC n’imitwe bafatanyije ndetse n’abacancuro b’Abarusiya bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe, mu gihe wo wari uri gutegura gukomeza kurekura ibice wafashe.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, ryanagarutse kandi kuri aba bacancura b’Abarusiya, aho M23 ivuga ko Guverinoma ya DRC yabeshye amahanga ko ari abazanywe gutoza igisirikare cya FARDC nyamara bakomeje kugaragara ku ruhembe mu bitero bigabwa n’iki gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

Next Post

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Related Posts

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

IZIHERUKA

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura
AMAHANGA

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

24/11/2025
Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.