Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Urugamba rwongeye kuba rubisi, abacancuro barwinjiramo byeruye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kitchanga uherereye muri Teritwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari kubera imirwano iremereye hagati y’umutwe wa M23 na FARDC noneho iri gufatanya n’Abacancuro b’Abarusiya mu buryo bweruye.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2023 nkuko byemezwa n’abari muri ibi bice byabyutse byumvikanamo urusaku rw’amasasu arimo n’aremereye.

Ibi byatumye kandi abaturage bo muri uyu mujyi wa Kitchanga bafata utwangushye, bakiza amagara yabo bahungira mu bice bibegereye bitari kuberamo imirwano nk’agace ka Mweso.

Iyi mirwano ihanganishije M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai, noneho yanagaragayemo mu buryo bweruye abacancuro b’Abarusiya.

Uri gukurikirana iyi mirwano, avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bonegeye kwihagararaho bagahangana n’ibitero bikomeye bagabweho, ku buryo aba bacancuro b’Ababarusiya bagaragaye bahunga ibirindiro bari barimo mu gace ka Bwiza, bagakizwa n’imodoka yabo ya gisirikare bahise bakubita ikibatsi cy’umuvuduko ngo bakize amagara yabo.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Kitchanga, bari guhunga mu gitondo cya kare bikoreye imitwaro irimo ibyo kuryamira ndetse bamwe bafite n’amatungo magufi yabo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe umutwe wa M23 wanashyize hanze itangazo rivuga ko ibintu biri kurushaho kuba bibi kuko FARDC n’imitwe bafatanyije ndetse n’abacancuro b’Abarusiya bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe, mu gihe wo wari uri gutegura gukomeza kurekura ibice wafashe.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, ryanagarutse kandi kuri aba bacancura b’Abarusiya, aho M23 ivuga ko Guverinoma ya DRC yabeshye amahanga ko ari abazanywe gutoza igisirikare cya FARDC nyamara bakomeje kugaragara ku ruhembe mu bitero bigabwa n’iki gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku wagonze umunyamakuru Ntwali J. Williams akitaba Imana

Next Post

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.