• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

FERWABA na MINISPORTS bashyizeho amabwiriza azakurikizwa kugira ngo abafana bazinjire mu mikino ya AfroBasket 2021

radiotv10by radiotv10
19/08/2021
in SIPORO
0
FERWABA na MINISPORTS bashyizeho amabwiriza azakurikizwa kugira ngo abafana bazinjire mu mikino ya AfroBasket 2021
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 24 Kanama-5 Nzeri muri Kigali Arena hazabera imikino y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu mu mukino w’intoki wa Basketball, abafana baremewe ariko ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda (FERWABA) ryasohoye amabwiriza azagenga abazifuza kureba iyi mikino.

Ishyirahamawe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ku bufatanye na Minisiteri ya siporo  (MINISPORTS) banzuye ko kugira ngo umufana cyangwa undi wese wifuza gukurikira iyi mikino abigereho agomba kuba hari ibyo yabanje kuzuza.

Abafana basabwe kwipimisha COVID-19 (Rapid Test) ndetse no kugaragaza igisubizo cy’ukobatanduye, igisubizo kimara amasaha 48.

Kuba warakingiwe (nibura urukingo rwa mbere) rwo kwirinda COVID-19 ku banyarwanda.

Ku bantu batari bahabwa urukingo na rumwe, bateganyirijwe gukingirwa, igikorwa kizajya kibera kuri Camp Kigali.

Kwipimisha COVID-19 bizajya bikorerwa kuri sitade Amahoro i Remera ndetse no ku bitaro byigenga bibifitiye uburenganzira.

Mu gihe cy’irushanwa nyirizina, itike yo m myanya y’icyubahiro izaba igura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda (15,000 FRW) mu gihe munsi yahoo hazaba ari ibihumbi icumi by’amafaranga y’u Rwanda (10,000 FRW) naho imyanya yo hejuru izaba bizaba bisaba ibihumbi birindwi (7000 FRW).

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali  Arena yuzuye abafana - RUSHYASHYA

Abafana bemerewe kwinjira muri Kigali Arena mu gihe babanje kuzuza ibisabwa

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda na MINISPORTS bavuga ko ibi biciro byo kureba irushanwa bizaba bijyanye n’imikino y’umunsi ndetse birimo n’ikiguzo cy’igipimo cya COVID-19 ku bazaba bifuza gupimirwa kuri sitade Amahoro i Remera.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Miss Mutesi Jolly yishimiye kuganira na Diamond Platnumz

Next Post

Tunisia ibitse igikombe yabaye igihugu cya gatanu cyageze mu Rwanda gukina FIBA AfroBasket2021

Related Posts

APR yatandukanye n’abakinnyi babiri bari mu b’ingenzi bayo

APR yatandukanye n’abakinnyi babiri bari mu b’ingenzi bayo

by radiotv10
22/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwamaze gutandukana n’abakinnyi babiri bari bayimazemo igihe, barimo Ruboneka Jean Bosco wari uyimazemo imyaka itandatu...

Haravugwa impinduka muri Rayon Sports

Haravugwa impinduka muri Rayon Sports

by radiotv10
22/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangiye gukora impinduka mu mitoreze y’amakipe yayo, zirimo izatumye bamwe mu batoza basezererwa, abandi bahindurirwa inshingano....

Inzozi z’umunyezamu wa Cape Verde zabaye impamo nyuma yo gutangaza ibyakoze benshi ku mutima

Inzozi z’umunyezamu wa Cape Verde zabaye impamo nyuma yo gutangaza ibyakoze benshi ku mutima

by radiotv10
22/06/2026
0

Josimar José Évora Dias uzwi nka Vozinha, umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Cape Verde uri kuyifasha kwihagararaho mu Gikombe cy’Isi, yakiniye...

Volleyball: Kepler na Kenya Pipeline zegukanye GMT 2026, amakipe ya APR atsindirwa kuri final

Volleyball: Kepler na Kenya Pipeline zegukanye GMT 2026, amakipe ya APR atsindirwa kuri final

by radiotv10
22/06/2026
0

Irushanwa rya GMT (Genocide Memorial Tournament) mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ryasojwe amakipe ya...

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

by radiotv10
19/06/2026
0

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko iyi kipe yamaze kugirana amasezerano y'ubufatanye na Bank of Kigali (BK) azamara...

Next Post
Tunisia ibitse igikombe yabaye igihugu cya gatanu cyageze mu Rwanda gukina FIBA AfroBasket2021

Tunisia ibitse igikombe yabaye igihugu cya gatanu cyageze mu Rwanda gukina FIBA AfroBasket2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

APR yatandukanye n’abakinnyi babiri bari mu b’ingenzi bayo

Haravugwa impinduka muri Rayon Sports

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.