Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango.

Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama Nkuru ya 17 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye tariki 19 Ukuboza 2025, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango i Rusororo mu karere ka Gasabo.

Itangazo ry’imyanzuro y’iyi Nama ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki Indwi Mutarama 2026, ryibutsa ingingo zari zigize iyi nama zirimo ijambo rya Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi akaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ritangiza inama.

Muri iyi nama kandi hanemejwe umushinga w’ivugururwa ry’amategeko y’Umuryango. Hanatanzwe ibiganiro ku ngingo zinyuranye, zirimo izirebana ni kubaka umusingi uhamye w’lgihugu, ndetse n’umwanya w’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi kandi bwibukije ko muri iyi Nama, Chairman yibukije “abantu bakuru bagomba kwitwara neza kugira ngo babere icyitegererezo urubyiruko. Yashimangiye ko abayobozi mu nzego zose bagomba guhora batekereza ku nshingano bafite zo guteza imbere imibereho y’abaturage babaha serivisi bakwiye ku gihe.”

Nanone kandi abitabiriye Inama Nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi biyemeje gusuzuma no kuvugurura imiterere, imikorere n’imikoranire y’inzego kugira ngo zirusheho gutanga umusaruro, bijyanye n’igihe.

Mu myanzuro y’iyi nama, kandi Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, bwavuze ko abayitabiriye “Bemeje ishyirwaho ry’urwego rw’lnararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.”

Nanone kandi bemeje ivugururwa ry’ingingo z’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi agena imiterere ya Komite Nyobozi yo ku rwego rw’lgihugu hongerwamo Visi Perezida wa kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije, ndetse anagena inshingano, imiterere n’imikorere by’urwego rw’lnararibonye rw’Umuryango FPR Inkotanyi.

Hibukijwe kandi ko muri iriya Nama hatowe Visi Perezida wa Mbere, ari we Hon. Uwimana Consolée, Hon. Kayisire Marie Solange, atorerwa kuba Visi Perezida wa Kabiri, Amb. Bazivamo Christophe, atorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru mu gihe ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru Wungirije, hatowe Gasana Karasanyi Stephen.

Iyi nama yayobowe na Chairman wa FPR-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Next Post

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.