Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa (Cour de Cassation) rwafunze burundu dosiye y’iperereza ku kirego cy’ihanurwa ry’Indege yari itwaye Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda.

Amakuru aturuka mu Bufaransa, avuga ko uru rukiko rusesa imanza rwamaze gushyira akadomo kuri dosiye y’iperereza ku ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana Juvenal.

Umunyarwanda Me Richard Gisagara uba mu Bufaransa wanakurikiranye iby’iki kirego, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022, yatangaje ko uru rukiko rusesa imanza mu Bufaransa, rumaze gufata iki cyemezo.

Me Gisagara avuga ko iki cyemezo gihita kinatesha agaciro iperereza ry’umucamanza Jean Louis Bruguiere washinjaga abantu icyenda bahoze mu buyobozi bwa RPF-Inkotanyi kugira uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege.

2/2 Celui-ci avait déjà été contredit par le Juge Trévidic dont l’enquête a établi que les missiles qui ont abattu l’avion ont été tirés du camp militaire de Kanombe, contrôlé par ceux qui ont préparé le #GenocideContreLesTutsi. C’est cette enquête qui est définitivement validée

— Richard Gisagara (@RichardGisagara) February 15, 2022

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Me Gisagara Rishard uvuga ko uyu mwanzuro w’Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa uhuje n’uw’Urukiko Rukuru, yavuze ko iki cyemezo cyatangajwe uyu munsi gihuje n’ibyatangajwe n’Umucamanza Trévidic wakoze iperereza ryagaragaje ko igisasu cyahanuye iyi ndege cyaturutse mu kigo cya Gisirikare cya Kanombe cyari kiri mu maboko y’abari bateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Me Gisagara akavuga ko iperereza ry’Umucamanza Trévidic “Bidasubirwaho ryo ryahawe agaciro.”

Indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana, yaguye ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, igwamo abantu 11 barimo abari abasirikare bakomeye mu butegetsi bwe ndetse na Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.

Urukiko Rukuru rw’i Paris mu Bufaransa, muri 2020 rwari rwahagaritse iyi dosiye ariko bamwe mu bo mu miryango y’ababuriye ubuzima muri iyi ndege barajurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Urukiko rukomeye kurusha izindi mu Rwanda rurashinjwa kurangarana uwo rurimo Miliyoni 32Frw

Next Post

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.