Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa (Cour de Cassation) rwafunze burundu dosiye y’iperereza ku kirego cy’ihanurwa ry’Indege yari itwaye Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda.

Amakuru aturuka mu Bufaransa, avuga ko uru rukiko rusesa imanza rwamaze gushyira akadomo kuri dosiye y’iperereza ku ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana Juvenal.

Umunyarwanda Me Richard Gisagara uba mu Bufaransa wanakurikiranye iby’iki kirego, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022, yatangaje ko uru rukiko rusesa imanza mu Bufaransa, rumaze gufata iki cyemezo.

Me Gisagara avuga ko iki cyemezo gihita kinatesha agaciro iperereza ry’umucamanza Jean Louis Bruguiere washinjaga abantu icyenda bahoze mu buyobozi bwa RPF-Inkotanyi kugira uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege.

2/2 Celui-ci avait déjà été contredit par le Juge Trévidic dont l’enquête a établi que les missiles qui ont abattu l’avion ont été tirés du camp militaire de Kanombe, contrôlé par ceux qui ont préparé le #GenocideContreLesTutsi. C’est cette enquête qui est définitivement validée

— Richard Gisagara (@RichardGisagara) February 15, 2022

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Me Gisagara Rishard uvuga ko uyu mwanzuro w’Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa uhuje n’uw’Urukiko Rukuru, yavuze ko iki cyemezo cyatangajwe uyu munsi gihuje n’ibyatangajwe n’Umucamanza Trévidic wakoze iperereza ryagaragaje ko igisasu cyahanuye iyi ndege cyaturutse mu kigo cya Gisirikare cya Kanombe cyari kiri mu maboko y’abari bateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Me Gisagara akavuga ko iperereza ry’Umucamanza Trévidic “Bidasubirwaho ryo ryahawe agaciro.”

Indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana, yaguye ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, igwamo abantu 11 barimo abari abasirikare bakomeye mu butegetsi bwe ndetse na Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.

Urukiko Rukuru rw’i Paris mu Bufaransa, muri 2020 rwari rwahagaritse iyi dosiye ariko bamwe mu bo mu miryango y’ababuriye ubuzima muri iyi ndege barajurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Urukiko rukomeye kurusha izindi mu Rwanda rurashinjwa kurangarana uwo rurimo Miliyoni 32Frw

Next Post

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.