Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gabon: Uwahatanye na Bongo wakorewe ‘Coup d’Etat’ yahawe umwanya ukomeye n’Umujenerali wahiritse ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gabon: Uwahatanye na Bongo wakorewe ‘Coup d’Etat’ yahawe umwanya ukomeye n’Umujenerali wahiritse ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

General Brice Oligui Nguema uherutse kurahirira kuyobora Gabon nka Perezida w’inzibacyuho, yashyizeho Minisitiri w’Intebe ari we Raymond Ndong Sima uri mu barwanyaga ubutegetsi bwa Ali Bongo, bakaba baranahatanye mu matora aheruka.

Avugana n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, Ndong Sima yavuze ko yasabwe kuba yamaze gushyiraho Guverinoma nshya bitarenze iminsi iri hagati y’itatu n’ine.

Sima w’imyaka 68 y’amavuko, ni umwe mu barwanyaga ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo uherutse guhirikwa ku butegetsi, ku itariki 30 z’ukwezi kwa Munani uyu mwaka w’2023.

Yabaye Minisitiri w’Intebe kuva muri 2012 kugeza muri 2014 ku butegetsi bwa Ali Bongo, aza kwegura kuri uwo mwanya nyuma y’imyaka ibiri ahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri 2016, ariko aratsindwa.

N’amatora aheruka mu kwezi gushize, yayahatanyemo ahanganye na Ali Bongo wari urimo ashaka indi manda.

Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Gabon, kiravuga ko gishaka impinduka mu butegetsi bw’iki Gihugu bwamaze imyaka 42 mu biganza bya Omar Bongo, bukaba bwari bumaze indi myaka 14 mu biganza by’umuhungu we Ali Bongo.

Bwari ubutegetsi bw’umuryango ku buryo na Perezida w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga n’andi mategeko muri icyo Gihugu Marie Madeleine Mborantsuo yanabyaranye abana babiri na Omar Bongo wari Perezida icyo gihe.

Uyu Marie Madeleine Mborantsuo, yamaze imyaka 32 yose kuri uwo mwanya, kugeza muRI 2022 ubwo yasimburwaga na Dieudonne Aba’A Owono.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Amayeri atamenyerewe y’uwakuraga ibitemewe muri Congo bagakeka ko ari umuco Nyarwanda

Next Post

Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Hacakiwe abakekwaho gucuruza urubyiruko rwajyaga gukoreshwa mu ntambara ya Ukraine&Russia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.