Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batakigira ijambo mu ngo zabo kuko ugize ngo aravuga, umugore amukubita ndetse bagera no mu buriri bakanga kugira icyo babamarira kuko babatera umugongo.

Abagabo bo muri uyu Murenge wa Gakenke, babwiye RADIOTV10 ko abagore babo bitwaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bakirirwa babwira abagabo babo ko nta jambo bagifite mu ngo zabo ahubwo ko ari bo barisigaranye.

Umwe muri aba bagabo yagize ati “Umugore wawe ubaye waramuzanye, umuzana mu rwawe wararwubatse, ugira n’amahirwe murasezerana, none numubwira uti wa ‘mugore we ko watashye utinze’, ngo ‘barakujyana’ [amutera ubwoba].”

Uyu mugabo avuga ko umugabo ugerageje guhanura umugore we, ahita amutera ubwoba amukangisha ko nakomeza kumuvugisha ahita ahamagara inzego zigahita zijya kumufunga.

Ati “Nta mugabo ugifite ijambo, umugabo yabaye le chien [Imbwa], ni le chien mu rugo rwe ndagapfa.”

Avuga ko uretse kuba abagore babakangisha inzego, banabateranya n’abana babyararanye.

Ati “Nta mugabo ufite uburenganzira ndagapfa, umugore ari kuterereza abana ubyiruye ati ‘mukubite imbwa so’ bakamukubita da.”

Aba bagabo bo muri kano gace bavuga ko ibi biri no kugira uruhare mu gusenya ingo zitandukanye kuko hari abagabo bananirwa kwihanganira ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, bagahitamo guta ingo zabo bakahukana.

Undi ati “Ni vuruguvurugu. Umugabo ari kugira atya akavuga ati ‘aho kugira ngo nicane n’umugore, ndamuhigamiye ndagiye’ wajya kubona ukabona ubuyobozi ngo baje kugufata ngo wataye umugore ngo wasahaye umugore.”

Aba bagabo bavuga ko uretse kuba bamwe bakubitwa n’abagore babo batinya no kujya kurega kuko babasekera babita ‘imbwa’ ariko n’ababitinyutse, ubuyobozi budakurikirana ikibazo cyabo nkuko bukurikirana icyo bwashyikirijwe n’abagore bahohotewe n’abagabo babo.

Bamwe mu bagore bo muri aka gace na bo bemeza ko hari bamwe muri bagenzi babo bananiranye, bitwaje ijambo bahaye bagakora ibidakorwa nko kuba hari abarara mu tubari banywa inzoga banabyinana n’abagabo batari ababo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yabwiye RADIOTV10, yavuze ko ihohoterwa ryo mu ngo bazi muri uyu Murenge ari irikorerwa abagore.

Ati “Haramutse hari n’abagabo bahohoterwa twabikurikirana kuko ari umugabo ari n’umugore bose turabashinzwe kandi turifuza ko iryo hame ry’uburinganire ryakubahirizwa ku mpande zombi.”

Abagabo bahohoterwa n’abagore babo, bakunze kumvikana mu bice bitandukanye by’Igihugu, gusa bamwe bagiye banengwa kuriceceka, bakabwirwa ko badakwiye kugira isoni zo kwiyambaza inzego.

Umwaka ushize, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yavuze ko yaba umugore cyangwa umugabo wakorewe ihohoterwa n’uwo bashakanye, bakirwa kimwe bityo ko ntawari ukwiye kugana uru rwego yumva ko ikirego cye kitari bwakirwe bitewe n’icyiciro arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Next Post

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.