Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batakigira ijambo mu ngo zabo kuko ugize ngo aravuga, umugore amukubita ndetse bagera no mu buriri bakanga kugira icyo babamarira kuko babatera umugongo.

Abagabo bo muri uyu Murenge wa Gakenke, babwiye RADIOTV10 ko abagore babo bitwaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bakirirwa babwira abagabo babo ko nta jambo bagifite mu ngo zabo ahubwo ko ari bo barisigaranye.

Umwe muri aba bagabo yagize ati “Umugore wawe ubaye waramuzanye, umuzana mu rwawe wararwubatse, ugira n’amahirwe murasezerana, none numubwira uti wa ‘mugore we ko watashye utinze’, ngo ‘barakujyana’ [amutera ubwoba].”

Uyu mugabo avuga ko umugabo ugerageje guhanura umugore we, ahita amutera ubwoba amukangisha ko nakomeza kumuvugisha ahita ahamagara inzego zigahita zijya kumufunga.

Ati “Nta mugabo ugifite ijambo, umugabo yabaye le chien [Imbwa], ni le chien mu rugo rwe ndagapfa.”

Avuga ko uretse kuba abagore babakangisha inzego, banabateranya n’abana babyararanye.

Ati “Nta mugabo ufite uburenganzira ndagapfa, umugore ari kuterereza abana ubyiruye ati ‘mukubite imbwa so’ bakamukubita da.”

Aba bagabo bo muri kano gace bavuga ko ibi biri no kugira uruhare mu gusenya ingo zitandukanye kuko hari abagabo bananirwa kwihanganira ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, bagahitamo guta ingo zabo bakahukana.

Undi ati “Ni vuruguvurugu. Umugabo ari kugira atya akavuga ati ‘aho kugira ngo nicane n’umugore, ndamuhigamiye ndagiye’ wajya kubona ukabona ubuyobozi ngo baje kugufata ngo wataye umugore ngo wasahaye umugore.”

Aba bagabo bavuga ko uretse kuba bamwe bakubitwa n’abagore babo batinya no kujya kurega kuko babasekera babita ‘imbwa’ ariko n’ababitinyutse, ubuyobozi budakurikirana ikibazo cyabo nkuko bukurikirana icyo bwashyikirijwe n’abagore bahohotewe n’abagabo babo.

Bamwe mu bagore bo muri aka gace na bo bemeza ko hari bamwe muri bagenzi babo bananiranye, bitwaje ijambo bahaye bagakora ibidakorwa nko kuba hari abarara mu tubari banywa inzoga banabyinana n’abagabo batari ababo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yabwiye RADIOTV10, yavuze ko ihohoterwa ryo mu ngo bazi muri uyu Murenge ari irikorerwa abagore.

Ati “Haramutse hari n’abagabo bahohoterwa twabikurikirana kuko ari umugabo ari n’umugore bose turabashinzwe kandi turifuza ko iryo hame ry’uburinganire ryakubahirizwa ku mpande zombi.”

Abagabo bahohoterwa n’abagore babo, bakunze kumvikana mu bice bitandukanye by’Igihugu, gusa bamwe bagiye banengwa kuriceceka, bakabwirwa ko badakwiye kugira isoni zo kwiyambaza inzego.

Umwaka ushize, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yavuze ko yaba umugore cyangwa umugabo wakorewe ihohoterwa n’uwo bashakanye, bakirwa kimwe bityo ko ntawari ukwiye kugana uru rwego yumva ko ikirego cye kitari bwakirwe bitewe n’icyiciro arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Next Post

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.