Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batakigira ijambo mu ngo zabo kuko ugize ngo aravuga, umugore amukubita ndetse bagera no mu buriri bakanga kugira icyo babamarira kuko babatera umugongo.

Abagabo bo muri uyu Murenge wa Gakenke, babwiye RADIOTV10 ko abagore babo bitwaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bakirirwa babwira abagabo babo ko nta jambo bagifite mu ngo zabo ahubwo ko ari bo barisigaranye.

Umwe muri aba bagabo yagize ati “Umugore wawe ubaye waramuzanye, umuzana mu rwawe wararwubatse, ugira n’amahirwe murasezerana, none numubwira uti wa ‘mugore we ko watashye utinze’, ngo ‘barakujyana’ [amutera ubwoba].”

Uyu mugabo avuga ko umugabo ugerageje guhanura umugore we, ahita amutera ubwoba amukangisha ko nakomeza kumuvugisha ahita ahamagara inzego zigahita zijya kumufunga.

Ati “Nta mugabo ugifite ijambo, umugabo yabaye le chien [Imbwa], ni le chien mu rugo rwe ndagapfa.”

Avuga ko uretse kuba abagore babakangisha inzego, banabateranya n’abana babyararanye.

Ati “Nta mugabo ufite uburenganzira ndagapfa, umugore ari kuterereza abana ubyiruye ati ‘mukubite imbwa so’ bakamukubita da.”

Aba bagabo bo muri kano gace bavuga ko ibi biri no kugira uruhare mu gusenya ingo zitandukanye kuko hari abagabo bananirwa kwihanganira ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, bagahitamo guta ingo zabo bakahukana.

Undi ati “Ni vuruguvurugu. Umugabo ari kugira atya akavuga ati ‘aho kugira ngo nicane n’umugore, ndamuhigamiye ndagiye’ wajya kubona ukabona ubuyobozi ngo baje kugufata ngo wataye umugore ngo wasahaye umugore.”

Aba bagabo bavuga ko uretse kuba bamwe bakubitwa n’abagore babo batinya no kujya kurega kuko babasekera babita ‘imbwa’ ariko n’ababitinyutse, ubuyobozi budakurikirana ikibazo cyabo nkuko bukurikirana icyo bwashyikirijwe n’abagore bahohotewe n’abagabo babo.

Bamwe mu bagore bo muri aka gace na bo bemeza ko hari bamwe muri bagenzi babo bananiranye, bitwaje ijambo bahaye bagakora ibidakorwa nko kuba hari abarara mu tubari banywa inzoga banabyinana n’abagabo batari ababo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yabwiye RADIOTV10, yavuze ko ihohoterwa ryo mu ngo bazi muri uyu Murenge ari irikorerwa abagore.

Ati “Haramutse hari n’abagabo bahohoterwa twabikurikirana kuko ari umugabo ari n’umugore bose turabashinzwe kandi turifuza ko iryo hame ry’uburinganire ryakubahirizwa ku mpande zombi.”

Abagabo bahohoterwa n’abagore babo, bakunze kumvikana mu bice bitandukanye by’Igihugu, gusa bamwe bagiye banengwa kuriceceka, bakabwirwa ko badakwiye kugira isoni zo kwiyambaza inzego.

Umwaka ushize, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yavuze ko yaba umugore cyangwa umugabo wakorewe ihohoterwa n’uwo bashakanye, bakirwa kimwe bityo ko ntawari ukwiye kugana uru rwego yumva ko ikirego cye kitari bwakirwe bitewe n’icyiciro arimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Next Post

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Related Posts

6 Fruits you should eat after every meal

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Eating fruits after meals is a simple way to stay healthy. Fruits help your body digest food, give you energy,...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.