• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho aza kunamira nyakwigendera Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari Perezida w’iki Gihugu, uherutse gutabaruka.

Perezida Paul Kagame yageze i Abu Dhabi kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena, yakirwa ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Sheikh Shakhboot bin Nahyan Al Nahyan.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, dukesha aya amakuru, mu butumwa bwatambutse kuri Twitter, buvuga ko Perezida Paul Kagame yunamira Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu watabarutse mu kwezi gushize.

Biteganyijwe kandi Perezida Paul Kagame aza gutanga ubutumwa bwo kwihanganisha ku bw’urupfu rw’uyu wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan witabye Imana mu kwezi gushize, yabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kuva muri 2004, aho yapfuye afite imyaka 73.

Urupfu rwa nyakwigendera ushimirwa kuba yaratumye iki Gihugu cye kimenyekana mu ruhando mpuzamahanga, rwatumye muri iki Gihugu hashyirwaho iminsi 40 yo kumwunamira.

Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari umaze imyaka 18 ku butegetsi, yari yasimbuye se Zayed Al Nahyan, na we akaba azasimburwa n’umuhungu yasize nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame ageze i Abu Dhabi yakiriwe na Minisiti w’Ububanyi n’Amahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Gakenke: Abagabo barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bakanga no kubahindukirira mu buriri

Next Post

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.