Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yongeye gushima Perezida Paul Kagame akunze kwita ‘My Uncle’, asanzwe anafatiraho icyitegererezo.

General Muhoozi yongeye gushima Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame abinyujije mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze gukoresha, aho yagize ati “Ganza Ganza Rudasumbwa!”

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bagaragarije General Muhoozi ko na bo bashima Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere myiza yakuye Abanyarwanda ahabi ikabicaza aho gushimwa na buri wese.

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wagize imyanya inyuranye mu Buyobozi Bukuru bw’u Rwanda, ni umwe mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa General Muhoozi.

Gatabazi wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, yagize ati “Uvuze neza rwose. Ganza Ganza Rudasumbwa. Imana ikomeze kumuha imigisha no kumurinda [avuga Perezida Kagame] urakoze cyane General.”

General Muhoozi Kainerugaba, akunze gushima Perezida Kagame, ndetse akemeza ko ari umwe mu banyapolitiki beza n’intwari babayeho mu mateka ya Afurika no ku Isi.

Mu butumwa kandi aherutse gutangaza, yaburiye abarwanya Umukuru w’u Rwanda, byumwihariko abari muri Uganda, ababwira ko bazahura n’akaga gakomeye.

Mu butumwa n’ubundi yari yanyujije kuri X mu cyumweru gishize, Muhoozi yagize ati “Ndasaba ko bikwiye kuba akaga gakomeye cyane kugerageza kurwanya ‘my uncle’ Afande Paul, ku muntu ukomoka muri Uganda. Ni akaga gakomeye cyane!”

Gen. Muhoozi yigeze kwakirwa na Perezida Kagame mu rwuri rwe anamugabira inka z’inyambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Next Post

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Related Posts

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

by radiotv10
16/07/2025
0

During the substantive hearing: Manzi Sezisoni Davis, the owner of the trading company Billion Traders, admitted that he suffered losses...

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri...

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

by radiotv10
16/07/2025
0

“You’re so fat.”  “You’ve lost so much weight.” “You would have prettier if you changed a few things.” These are...

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

by radiotv10
16/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), n’ubw’Urugaga rw’Abikorera PSF, bwinjiye mu kibazo cya Hoteli Château le Marara yatunzwe agatoki...

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

by radiotv10
16/07/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and the Private Sector Federation (PSF) have stepped in to address the situation surrounding Château...

IZIHERUKA

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders
MU RWANDA

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

by radiotv10
16/07/2025
0

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

16/07/2025
“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

16/07/2025
DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

16/07/2025
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Igisa n’igitero cyagabwe n'Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.