Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Akarere kavuze ku mukarani w’ibarura byavuzwe ko yashumurijwe imbwa n’aho yari agiye kubarura ikamurya

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Gasabo: Akarere kavuze ku mukarani w’ibarura byavuzwe ko yashumurijwe imbwa n’aho yari agiye kubarura ikamurya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwagize icyo buvuga ku makuru y’umukarani w’ibarura byavugwaga ko yagiye mu rugo rw’abakire ruherereye mu Murenge wa Gasanze, bakamushumuriza imbwa ikamurya.

Amakuru y’uyu mugore wariwe n’imbwa y’aho yari agiye mu gikorwa cy’ibarura, yabanje kuvugwa ku mbuga nkoranyamaba za bamwe.

Umunyamakuru Alphonse Twahirwa, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yashyizeho amafoto agaragaza aho uyu mukarani w’ibarura yarumwe n’imbwa ku itako.

Uyu munyamakuru yavugaga ko uyu mukarani w’ibarura yariwe n’iyo mbwa yo rugo rwo mu Mudugudu wa Agatagara mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo.

Yari yagize ati “Yageze ku gipangu cy’umukire banga ko yinjira bamuteza imbwa. Ni uku zamugize. Ubu ari kwivuza ku kavuriro gato kari i Gasanze.”

Aho uyu mukarani yarumwe n’imbwa

Ubuyobozi bw’Akarere bwavuze ko uyu mukarani w’ibarura koko yariwe n’imbwa ariko ntubwavuga ku byo kuba yayitejwe n’abo muri uru rugo.

Ubutumwa bwanyuze kuri Twitter y’Akarere ka Gasabo, bugira buti “Twihanganishije uyu mukarani w’ibarura. Ubwo yagera kwa Kanani yasanze hakinguye arinjira, umwana yaje kureba uwinjiye ari kumwe n’imbwa ayibonye agira ubwoba ahungira ku mwana aragwa ihita imurya arakomereka.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko uyu mukarani w’ibarura, yahise ajyanwa kwa muganga, ubu akaba akomeje kwitabwaho.

Bamwe mu bakarani b’ibarura bo mu Mujyi wa Kigali, babwiye RADIOTV10 ko zimwe mu mbogamizi bakomeje guhura na zo ari abantu baba mu bipangu babasuzugura bakanga kubakingurira bigatuma biyambaza inzego z’umutekano ngo zibabafashe.

Ubwo iri barura rusange rya gatanu, ryari rigiye gutangira, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iburarishamire, cyasabye Abaturarwanda kuryitabira kandi bakajya borohereza abakarani b’ibarura ndetse bakanababwira amakuru bazababaza kuko ari mu nyungu rusange z’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 2 =

Previous Post

Burera: Yafatanywe urumogi arukuye muri Uganda abwira Polisi ko ari mu kazi

Next Post

Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.