Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage batuye mu murenge wa kanyinya akagari ka Kagugu, umudugudu wa Nyakabungo bavuga ko bazengerejwe n’insoresore zitega abantu ku manywa na nijoro zikabacucura utwo bafite zikanabakubita. Ubuyobozi bw’umudugudu buvuga ko bwatanze iyi raporo ariko ntakirakorwa.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinyinya uvuga ko aya makuru uyazi kandi utayirengagije ngo ahubwo hari gukorwa iperereza rwihishwa ku buryo vuba aha bazaritangariza abaturage icyavuyemo kandi nibyo bizera ko bizatanga umusaruro.

Abo baturage bavuga ko bamaze igihe kitari gito babana n’iki kibazo ngo ariko  batanahwema kugishyikiriza inzego z’ubuyobozi.

Bakomeza bavuga ko izi nsoresore zibagezengereza zifite indiri mu mazu atabamo abantu   y’uwitwa Muvunyi  Jumapili.

Mukakigeri Josephine uyobora umudugudu wa Nyakabungo utaranashatse  ko tugaragaza isura ye avuga ko ari ku bw’umutekano we, yahamije ko iki kibazo kimaze kubarembya.

“Ikibazo cy’aba bana kimaze kuturenga ,wagira ngo ni inzige zaduteye. Ntibatinya gutega abantu ku manywa na nijoro ntawugitahana ibyo yahashye, turi abo gutabarwa turasumbirijwe. Ugira ngo uravuze bakagukata n’inzembe dore ko bazigendana. Abanyerondo baraje zirabirukankana zibatera amabuye, twatanze raporo ku murenge na Polisi ariko turabona ntakirakorwa.

Inzego zidutabare twugarijwe n’abanywa rumogi ndetse n’abarucuruza muri aka gace”

44.PNG

Agace ka Nyakabungo haravugwa umutekano mucye uzamurwa n’abana bigize inzerezi

Ibi byatumye tujya gusura uyu witwa Muvunyi Jumapili nyiri aya mazu aba bana bararamo bityo nawe ntiyaca hirya no hino yemera koko ko iwe ariho izo nsore sore zibera ndetse ahadutungira agatoki, ibyatumye twerekezaho kamera zacu tubonayo bamwe na bamwe bari guturuka muri ayo mazu ubusanzwe atakibamo abantu.

“Ibyo abaturage bavuga nibyo koko simbihakana, kuri ubu iwanjye hamaze kuba indiri y’izo marine,ndetse kuzirukana bisa n’ibyananiranye kuko zibera muri aya mazu atakigira abapangayi, dore nawe reba yamaze kwangirika, hari ibikarito birariraho,hari ibisigazwa by’amatabi baba batumaguye”

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya Bwana Alphred Nduwaezu, yemera ko izo raporo yazibonye kandi ko ikibazo bakizi. Gusa ariko bitewe n’uburemere bwacyo bari kugikurikirana mu ibanga, ndetse ngo hari abamaze gufatwa ku buryo bidatinze bazabitangariza abaturage ngo kuko kuri ubu byakwica iperereza.

“Icyo kibazo turakizi, kandi tumaze igihe tugikurikirana, yaba aho hantu bita kwa Jumapili turahazi n’ibihakorerwa turabizi.Turi gukora ipereza twitonze kuburyo vuba aha twizeye ko bizatanga umusaruro tukabimenyesha n’abaturage”

22.PNG

Abana b’abakobwa n’abahungu basangira itabi ku manywa y’ihangu

Aka gace kavuga muri iyi nkuru gahereye i Batsinda , Aba baturage baho bavuga ko kimwe mu byo bifuza ubuyobozi bwabafasha guhagarika ari ukugerageza kuhashyira umutekano wimbitse uhagabanya urwo rubyiruko rw’ abasore n’abakobwa birirwana muri ayo mazu atabamo abantu bahakorera ingeso mbi ngo zirimo kunywa amatabi ngo n’indi mico ishobora no kwangiza abana bato bahabyirukira.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eleven =

Previous Post

Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Next Post

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.