Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: Muri Nyakabungo bazengerejwe n’insoresore zihaga ibiyobyabwenge zikabambura utwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage batuye mu murenge wa kanyinya akagari ka Kagugu, umudugudu wa Nyakabungo bavuga ko bazengerejwe n’insoresore zitega abantu ku manywa na nijoro zikabacucura utwo bafite zikanabakubita. Ubuyobozi bw’umudugudu buvuga ko bwatanze iyi raporo ariko ntakirakorwa.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinyinya uvuga ko aya makuru uyazi kandi utayirengagije ngo ahubwo hari gukorwa iperereza rwihishwa ku buryo vuba aha bazaritangariza abaturage icyavuyemo kandi nibyo bizera ko bizatanga umusaruro.

Abo baturage bavuga ko bamaze igihe kitari gito babana n’iki kibazo ngo ariko  batanahwema kugishyikiriza inzego z’ubuyobozi.

Bakomeza bavuga ko izi nsoresore zibagezengereza zifite indiri mu mazu atabamo abantu   y’uwitwa Muvunyi  Jumapili.

Mukakigeri Josephine uyobora umudugudu wa Nyakabungo utaranashatse  ko tugaragaza isura ye avuga ko ari ku bw’umutekano we, yahamije ko iki kibazo kimaze kubarembya.

“Ikibazo cy’aba bana kimaze kuturenga ,wagira ngo ni inzige zaduteye. Ntibatinya gutega abantu ku manywa na nijoro ntawugitahana ibyo yahashye, turi abo gutabarwa turasumbirijwe. Ugira ngo uravuze bakagukata n’inzembe dore ko bazigendana. Abanyerondo baraje zirabirukankana zibatera amabuye, twatanze raporo ku murenge na Polisi ariko turabona ntakirakorwa.

Inzego zidutabare twugarijwe n’abanywa rumogi ndetse n’abarucuruza muri aka gace”

44.PNG

Agace ka Nyakabungo haravugwa umutekano mucye uzamurwa n’abana bigize inzerezi

Ibi byatumye tujya gusura uyu witwa Muvunyi Jumapili nyiri aya mazu aba bana bararamo bityo nawe ntiyaca hirya no hino yemera koko ko iwe ariho izo nsore sore zibera ndetse ahadutungira agatoki, ibyatumye twerekezaho kamera zacu tubonayo bamwe na bamwe bari guturuka muri ayo mazu ubusanzwe atakibamo abantu.

“Ibyo abaturage bavuga nibyo koko simbihakana, kuri ubu iwanjye hamaze kuba indiri y’izo marine,ndetse kuzirukana bisa n’ibyananiranye kuko zibera muri aya mazu atakigira abapangayi, dore nawe reba yamaze kwangirika, hari ibikarito birariraho,hari ibisigazwa by’amatabi baba batumaguye”

Umuyobozi w’umurenge wa Kinyinya Bwana Alphred Nduwaezu, yemera ko izo raporo yazibonye kandi ko ikibazo bakizi. Gusa ariko bitewe n’uburemere bwacyo bari kugikurikirana mu ibanga, ndetse ngo hari abamaze gufatwa ku buryo bidatinze bazabitangariza abaturage ngo kuko kuri ubu byakwica iperereza.

“Icyo kibazo turakizi, kandi tumaze igihe tugikurikirana, yaba aho hantu bita kwa Jumapili turahazi n’ibihakorerwa turabizi.Turi gukora ipereza twitonze kuburyo vuba aha twizeye ko bizatanga umusaruro tukabimenyesha n’abaturage”

22.PNG

Abana b’abakobwa n’abahungu basangira itabi ku manywa y’ihangu

Aka gace kavuga muri iyi nkuru gahereye i Batsinda , Aba baturage baho bavuga ko kimwe mu byo bifuza ubuyobozi bwabafasha guhagarika ari ukugerageza kuhashyira umutekano wimbitse uhagabanya urwo rubyiruko rw’ abasore n’abakobwa birirwana muri ayo mazu atabamo abantu bahakorera ingeso mbi ngo zirimo kunywa amatabi ngo n’indi mico ishobora no kwangiza abana bato bahabyirukira.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Next Post

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Abamugariye ku rugamba barasaba ko inkunga bahabwa yakongerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.