Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatabazi wakuwe ku mwanya wa Minisitiri yashimiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gatabazi wakuwe ku mwanya wa Minisitiri yashimiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yashimiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyizere yamugiriye, asezeranya Umuryango wa RPF-Inkotanyi ko yiteguye kuzawutumikira igihe cyose uzamutuma.

Saa sita zirengaho iminota micye kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, Ibiro bya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu byashyize hanze itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika yashyizeho Jean Claude Musabyimana nka Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ni umwanya yasimbuyeho Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wari umaze umwaka n’amezi umunani, yagiyeho avuye ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Nyuma yo gusimbuzwa, Gatabazi Jean Marie Vianney, yanyujije ubutumwa kuri Twitter ati “Murakoze nyakubahwa Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mukampa umwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.”

Yakomeje avuga ko igihe amaze ari muri Guverinoma y’u Rwanda, cyamubereye cyiza mu rugendo rwo gukorera Igihugu cye ndetse “no kwiga no kwaguka mu bunararibonye.”

Yaboneyeho kwizeza Umuryango wa RPF-Inkotanyi asanzwe anabereye umunyamuryango ko azakomeza kuwubera umwizerwa ndetse ko yiteguye gukomeza kuwutumikira igihe cyose wazamutuma.

Ati “Ndisegura ku bitaragenze neza mu nshingano nari ndimo kandi nzakomeza kwiga no kwaguka. Mboneyeho gushimira n’abaturage, abayobozi n’abafatanyabikorwa ku nkunga y’imikoranire.”

Jean Claude Musabyimana wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye Gatabazi, na we yanyujije ubutumwa kuri Twitter ye ashimira Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye akamugira Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 2 =

Previous Post

Haranugwanugwa icyatumye ‘business’ y’Umunyezamu wa Kiyovu ifunga imiryango

Next Post

Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Ubusesenguzi bw’umuhanga ku ndege y’intambara ya Congo yaje mu Rwanda izuba riva

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.