Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

radiotv10by radiotv10
03/12/2021
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba Koperative RWAMICO y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko abari abayobozi b’iyi Koperative babaciye inyuma bakayisenyera mu yindi ndetse n’imitungo yose yayo bakayijyana.

Aba baturage ni abo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo babwiye Radio&TV 1 dukesha aya makuru ko iyi koperative yagurishijwe n’abari abayobozi babo.

Bavuga ko aho bakoreraga ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hagiye mu maboko y’indi Kompanyi yitwa Luna.

Umwe mu banyamuryango avuga ko uwari Perezida w’iyi Koperative yabanje kubiberurira ababwira ko bamuhemba amafaranga macye bityo ko “ngiye kwikoranira n’uriya mushinga.”

Uyu munyamuryango akomeza agira ati “Agenda ubwo, umucungamutungo wari ushinzwe kugenzura konte muri banki na we yahise agenda asanga LUNA.”

Uyu munyamuryango avuga ko n’ibikoresho byose bari bishatsemo kuko buri munyamuryango yari yatanze ibihumbi 205 Frw, batamenye irengero ryabyo.

Mugenzi we avuga ko iyi koperative yari imaze kugera ku rwego rushimishije kuko bari bamaze kunona inyungu ya miliyoni 25 Frw.

Ati “Izo zose zaheze mu bitabo ntizagaragarijwe abanyamuryango. Uwari perezida wacu Gakwerere Jean Damascene yayigurishije LUNA.”

Gakwerere Jean Damascene wari perezida w’iyi koperative RWAMICO, uvugwaho gutenguha abo yayoboraga, avuga ko yagiye muri iriya Kompanyi agiye gushaka akazi bisanzwe kandi ko nta muziro yari afite washoboraga kubimubuza.

Avuga ko iriya Koperatice yari yabonye ubuzima gatozi mu Kigo gishinzwe Amakoperative RCA ariko ko batari bakabona icyangombwa giturutse mu kigo gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Igihe twarimo dusaba licence twagombaga kuvamo nka koperative abahafitiye ibyangombwa bakaza bagakora. Bamwe muri twe twasabyemo akazi ku giti cyacu, igisigaye ni uko bo bakwicara nk’abanyamuryango niba bashaka gusubukura, maze umucungamari akabasobanurira kuko afite ibitabo yanditsemo ibyo bikoresho ndetse n’ayo mafaranga afite uko yabisobanura kuko arahari.”

Prof. Harelimana Jean Bosco uyobora RCA, yiyemeje gukurikirana iby’iki kibazo icyakora yongera gushimangira ko imitungo y’abanyamuryango itagomba gucungwa nabi n’abayobozi bazo.

Yagize ati “Igihari ni uko haba abayobozi ndetse n’abandi bose bakinisha iby’abanyamuryango abo bose turabakurikirana kandi n’ibihano tukabitanga mu rwego rwo gutaba abanyamuryango.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

CSP Kayumba waregwaga kwifurahisha mu mafaranga y’umunyamahanga yahamijwe ubujura akatirwa imyaka 5

Next Post

Abagore bafite ubumuga bo mu Rwanda na bo bagiye kujya baconga ruhago

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagore bafite ubumuga bo mu Rwanda na bo bagiye kujya baconga ruhago

Abagore bafite ubumuga bo mu Rwanda na bo bagiye kujya baconga ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.