Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba

radiotv10by radiotv10
02/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinée-Conakry, General Mamadi Doumbouya wari utegerejwe mu Rwanda, akaba yahageze, yakiriwe n’abaturage b’Igihugu cye baba mu Rwanda, bamugaragarije ibyishimo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinée-Conakry, agaragaza ko Perezida Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya bahagurutse i Conakry mu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 01 Gicurasi 2025.

Bageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, ndetse Perezida Mamadi Doumbouya, ahura n’Abanya- Guinée baba mu Rwanda, bamugaragarije urugwiro rwinshi, aho bari bambaye imyambaro igaragaza ko bamushyigikiye 100%.

Ibiro bya Ambasade ya Guinée-Conakry mu Rwanda, bivuga ko abaturage b’iki Gihugu bakiranye ubwuzu Umukuru w’Igihugu cyabo waje gutsura umubano n’icyo baje gushakishirizamo imibereho.

Ambasade yagize iti “Nyakubahwa Mamadi Doumbouya yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bari mu Rwanda ubwo yari mu ruzinduko. Ni iby’agaciro n’ishema rikomeye ku muryango mugari.”

Perezida Mamadi Doumbouya usanzwe anafitanye ubucuti bwihariye na Perezida Paul Kagame, yakunze kugaragaza ko amufatiraho icyitegererezo, yaje mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezida Mamadi Doumbouya yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize muri Kanama, yitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byanitabiriwe n’abandi banyacyubahiro.

Biteganyijwe ko Mamadi Doumbouya azava i Kigali yerecyeza i Libreville muri Gabon, aho azaba yitabiriye irahira rya mugenzi we Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu, uzarahira ku wa Gatandatu tariki 03 Gicurasi 2025.

Abanya-Guinée baba mu Rwanda bishimiye kwakira Umukuru w’Igihugu cyabo
Byari ibyishimo ku ngeri zose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 4 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Next Post

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w'Indirimbo z'Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.