• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba

radiotv10by radiotv10
02/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinée-Conakry, General Mamadi Doumbouya wari utegerejwe mu Rwanda, akaba yahageze, yakiriwe n’abaturage b’Igihugu cye baba mu Rwanda, bamugaragarije ibyishimo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinée-Conakry, agaragaza ko Perezida Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya bahagurutse i Conakry mu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 01 Gicurasi 2025.

Bageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, ndetse Perezida Mamadi Doumbouya, ahura n’Abanya- Guinée baba mu Rwanda, bamugaragarije urugwiro rwinshi, aho bari bambaye imyambaro igaragaza ko bamushyigikiye 100%.

Ibiro bya Ambasade ya Guinée-Conakry mu Rwanda, bivuga ko abaturage b’iki Gihugu bakiranye ubwuzu Umukuru w’Igihugu cyabo waje gutsura umubano n’icyo baje gushakishirizamo imibereho.

Ambasade yagize iti “Nyakubahwa Mamadi Doumbouya yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bari mu Rwanda ubwo yari mu ruzinduko. Ni iby’agaciro n’ishema rikomeye ku muryango mugari.”

Perezida Mamadi Doumbouya usanzwe anafitanye ubucuti bwihariye na Perezida Paul Kagame, yakunze kugaragaza ko amufatiraho icyitegererezo, yaje mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezida Mamadi Doumbouya yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize muri Kanama, yitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byanitabiriwe n’abandi banyacyubahiro.

Biteganyijwe ko Mamadi Doumbouya azava i Kigali yerecyeza i Libreville muri Gabon, aho azaba yitabiriye irahira rya mugenzi we Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu, uzarahira ku wa Gatandatu tariki 03 Gicurasi 2025.

Abanya-Guinée baba mu Rwanda bishimiye kwakira Umukuru w’Igihugu cyabo
Byari ibyishimo ku ngeri zose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − nine =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Next Post

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w'Indirimbo z'Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.