Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba wari witabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, yamushimiye ndetse na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga, uburyo yakiriwe mu Rwanda.

General Muhoozi Kainerugaba, ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X (Twitter), General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko yishimiye uburyo yakiriwe mu Rwanda.

Yagize ati “Ndifuza gukoresha uyu mwanya ngashimira Nyakubahwa Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, na mugenzi wanjye General Mubarakh Muganga, ndetse n’Abofisiye bose kimwe n’abandi basirikare bose ba RDF, ku bwo kunyakira neza hamwe n’itsinda twazanye mu Rwanda.”

General Muhoozi Kainerugaba ukunze kugaragaza ko yishimira ubucuti n’umubano mwiza biri hagati y’u Rwanda na Uganda, yongeye kwifuriza ibi Bihugu gikomeza kubana kivandimwe. Ati “Rukundo egumeho! (Urukundo nirusagambe).”

Ku wa Mbere tariki 12 Kanama 2024, mbere y’uko asubira muri Uganda, General Muhoozi n’itsinda yari ayoboye, babanje gusura ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku Cyicaro Gikuru cyabwo, ku Kimihurura, bakirwa n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Muganga; banagirana ibiganiro.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yari yageze mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, aho ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, yakiriwe na mugenzi we Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga wari kumwe n’Umuyobozi w’Itsinda ry’Ingabo zirinda Abayobozi bakuru, Maj Gen Willy Rwagasana.

Muhoozi ukunze kwita Perezida Kagame “My uncle”, mbere yo kwitabira ibi birori, yari yabitangaje; avuga ko yishimiye kuzaza mu Rwanda afata nko mu rugo rwa kabiri.

Uyu muhunga wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, anashimirwa kandi uruhare yagize mu kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi wigeze kumara imyaka itatu irimo igitotsi, akaza kugira uruhare mu biganiro byatumye ibi Bihugu bisanzwe ari ibivandimwe byongera kubanirana neza ku kugenderana.

General Muhoozi akunze kugaragaza ko Perezida Kagame ari umwe mu bayobozi beza babayeho mu mateka ya Afurika
General Muhoozi ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege ku wa Gatandatu

Kuri uyu wa Mbere basuye ubuyobozi bwa RDF
Bagiranye ibiganiro
Habayeho no guhana impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + ten =

Previous Post

Hashyizwe hanze inenge zagaragaye mu matora yo muri Congo

Next Post

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.