• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bucuti bwiza bafitanye, ndetse ko bugaragazwa n’Inka yamugabiye, anamumenyesha ko zororotse, zikaba zimaze kwikuba hafi kabiri.

Muhoozi Kainerugaba uri mu Rwanda mu bikorwa byo kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 49, we n’itsinda bari kumwe, baraye bakiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mu rwego rwo kwizihiza iyi sabukuru ye.

Muri iki gikorwa cyabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, Perezida Paul Kagame yongeye gushimira General Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Perezida Kagame yavuze ko Muhoozi yabaye nk’ikiraro cyatumye ubu umubano w’u Rwanda na Uganda, wuzuye amahoro ndetse n’ubucuti bw’ibi Bihugu bukaba butajegajega.

Ati “Hari n’igihe mushobora kugira amahoro ariko mutari inshuti. Ariko ubu ndizera ko byombi tubifite. Turi inshuti kandi tunabanye mu mahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ndagushimira General Muhoozi ku ruhare wabigizemo, rwo kuba warabyiyemeje no kuba warabaye icyo kiraro twifashishije kugira ngo twongere tubane neza.”

General Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My uncle/ Data wacu”, yavuze ko uretse kuba ari Perezida ndetse no kuba bombi baranyuze mu gisirikare, umubano wabo wabaye ubucuti.

Ati “Kandi ikimenyetso cy’ubucuti bwacu, ni Inka yangabiye, kandi nabihaye agaciro gakomeye cyane. None mboneyeho kubamenyesha Nyakubahwa ko Inka zimeze neza. Zaranororotse. Wampaye Inka icumi, none ubu mfite inka 17 ku zikomoka ku zo wangabiye.”

Ubwo umubano w’u Rwanda na Uganda, wongeraga kuba ntamakemwa, hari haciye igihe gito General Muhoozi agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho yanaganiriye na Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 1 =

Previous Post

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Next Post

Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.