Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yagejeje kuri Perezida Kagame inkuru nziza ku Nka z’Inyambo yamugabiye
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bucuti bwiza bafitanye, ndetse ko bugaragazwa n’Inka yamugabiye, anamumenyesha ko zororotse, zikaba zimaze kwikuba hafi kabiri.

Muhoozi Kainerugaba uri mu Rwanda mu bikorwa byo kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 49, we n’itsinda bari kumwe, baraye bakiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, mu rwego rwo kwizihiza iyi sabukuru ye.

Muri iki gikorwa cyabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, Perezida Paul Kagame yongeye gushimira General Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Perezida Kagame yavuze ko Muhoozi yabaye nk’ikiraro cyatumye ubu umubano w’u Rwanda na Uganda, wuzuye amahoro ndetse n’ubucuti bw’ibi Bihugu bukaba butajegajega.

Ati “Hari n’igihe mushobora kugira amahoro ariko mutari inshuti. Ariko ubu ndizera ko byombi tubifite. Turi inshuti kandi tunabanye mu mahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ndagushimira General Muhoozi ku ruhare wabigizemo, rwo kuba warabyiyemeje no kuba warabaye icyo kiraro twifashishije kugira ngo twongere tubane neza.”

General Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My uncle/ Data wacu”, yavuze ko uretse kuba ari Perezida ndetse no kuba bombi baranyuze mu gisirikare, umubano wabo wabaye ubucuti.

Ati “Kandi ikimenyetso cy’ubucuti bwacu, ni Inka yangabiye, kandi nabihaye agaciro gakomeye cyane. None mboneyeho kubamenyesha Nyakubahwa ko Inka zimeze neza. Zaranororotse. Wampaye Inka icumi, none ubu mfite inka 17 ku zikomoka ku zo wangabiye.”

Ubwo umubano w’u Rwanda na Uganda, wongeraga kuba ntamakemwa, hari haciye igihe gito General Muhoozi agiriye uruzinduko mu Rwanda, aho yanaganiriye na Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Next Post

Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Kigali: Mu Mujyi rwagati ibibaye ku modoka byateye urujijo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.