Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yihanije umunyapoliti Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, wakoresheje imvugo zishinja ibinyoma Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uyu munyapolitiki Julius Malema aherutse kunenga icyemezo cya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa cyo kwemera kohereza ingabo z’iki Gihugu muri DRC mu butumwa bwa SADC, none zikaba zikomeje kuhashirira.

Mu butumwa aherutse gutanga, Malema ukunze kunenga ibitagenda mu Gihugu cye, yasabye ko abasirikare ba Afurika y’Epfo bari muri Congo bataha byihuse, kuko boherejwe mu butumwa butanyuze mu mucyo.

Gusa mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, Julius Malema yazamuye ibirego by’ibinyoma byanakunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, bari inyuma y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi agendeye kuri ibi byatangajwe na Julis Malema, yasabye uyu munyapolitiki gusigaho kuko yarengereye.

General Muhoozi yagize ati “Muvandimwe wanjye Julius Malema ugomba guhagarika kwibasira ababyeyi bacu na ba ‘Uncles’ bacu. Biriya bishobora kumugiraho ingaruka kandi ntabwo bikenewe na busa.”

Muhoozi yakomeje avuga ko aho kugira ngo Julius Malema akomeze kwibasira aba Bakuru b’Ibihugu, yagakwiye kwegera abo bireba bakabiganiraho.

General Muhoozi akomeza anagaragaza ikosa ryakozwe na Afurika y’Epfo, ati “Kohereza ingabo kwa Afurika y’Epfo muri DRC ni ikosa mu nguni nyinshi. Ariko abavandimwe bacu bo muri Afurika y’Epfo ntibazigera batwibasira mbere yuko babanza kwita ku byabo.”

Muhoozi atangaje ibi nyuma yuko Perezida Paul Kagame anakosoye Perezida Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wakoresheje imvugo igoramye, aho yise Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’inyeshyamba, umukuru w’u Rwanda, akamwibutsa ko yatandukiriye, kuko RDF ari Ingabo z’Igihugu kandi zikora kinyamwuga.

Gen. Muhoozi yahaye gasopo Julius Malema
Julius Malema amaze iminsi yurira ku byo muri Congo agatangaza ubutumwa buzamura impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 14 =

Previous Post

Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Next Post

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.