Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko ibitangazamakuru NTV and Daily Monitor biri guhomba miliyoni 5 USD ku munsi nyuma yuko abifunze, kandi ko ari inkuru nziza kuri we.
Gen. Muhoozi Kainerugaba yabitangaje nyuma yuko ibi bitangazamakuru biri mu bya mbere bikomeye muri Uganda, bifunzwe ku itegeko rye.
Yagize ati “Numvise ko ibitangazamakuru NTV and Daily Monitor, byombi biri guhomba miliyoni 5 z’amadolari ku munsi kuva nabifunga. Ayo ni amakuru meza kuri njye.”
Kuri iki Cyumweru, tariki 28 Kamena 2026, Gen. Muhoozi yatangaje ibi bitangamzakakuru byafunze, kandi ko bizongera gungura ari we ubihaye uburenganzira.
Yagize ati “Hano muri Uganda, sinizerera mu kwisanzura ku itangazamakuru. Guhera ubu inkuru zose mbi zivuga kuri Uganda, zigomba kujya zisibwa n’Ibiro byanjye.”
Muhoozi yavuze kandi ko ifungwa ry’ibi bitangazamakuru bibiri ari intangiriro, kuko hari ibindi byinshi na byo bishobora gukurikiraho na byo bigahagarikwa.
Inararibonye mu mwuga w’Itangazamakuru akaba n’umusesenguzi mu bya politiki, Andrew Mwenda akaba asanzwe ari n’umwe mu bajyanama ba Muhoozi mu itumanaho, yavuze ko baganiriye bakemeranya ko ibi bitangazamakuru bizongera gukora mu gihe cya vuba.
Ati “Ariko tuzabanza kuganira n’abayobozi b’ibigo byombi bifitanye isano. Nzabamenyesha igihe tuzaba tugiye kugira iyi nama.”
Amakuru avuga ko ibi bitangazamakuru byombi by’ikigo cy’ubucuruzi cya Nation Media Group (NMG), gifite icyicaro gikuru i Namuwongo, mu murwa mukuru wa Uganda i Kampala.
Daily Monitor yatangaje ko ku biro bikuru by’iki Kigo, hoherejwe abashinzwe umutekano, barahagota ku buryo “nta muntu n’umwe wemerewe kwinjra cyangwa gusohoka.”
General Muhoozi Kainerugaba avuga ko afite ububasha bwo gufunga igitangazamakuru icyo ari cyo cyose kuva muri 2017, ubwo se Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabimuheraga uburenganzira.
RADIOTV10





