Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatanze umucyo ku byavugwaga ko azahatana na Se Museveni kuyobora Uganda

radiotv10by radiotv10
21/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yatanze umucyo ku byavugwaga ko azahatana na Se Museveni kuyobora Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yatangaje ko atazahatanira kuyobora iki Gihugu mu matora ya 2026 nk’uko byavugwaga, ahubwo ko azashyigikira umubyeyi we Yoweri Museveni, gusa avuga ko uzamukurikira atagomba kuzaba ari umusivile.

Gen Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yabitangaje mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Byari bimaze iminsi bivugwa ko Gen Muhoozi ashobora kuzahatanira kuyobora iki Gihugu cya Uganda mu matora azaba muri 2026, anyuze mu Ihuriro PLU (Patriotic League of Uganda).

Muhoozi yagize ati “Ndashaka gutangaza ko ntazagaragara kuri ballot paper [urutonde rw’abahatana mu matora ya Perezida] muri 2026. Imana isumba byose yansabye gukomeza gushyira imbaraga mu gisirikare. Rero, nshyigikuye byimazeyo Yoweri Museveni mu matora ataha.”

Muhoozi yakomeje avuga ko kuri we “ntakintu gifite agaciro kuri iyi Isi kiruta UPDF! Niyo mpamvu numva ntakimpa agaciro cyaruta kuba muri UPDF.”

Gen Muhoozi wakomeje asabira umugisha iki gisirikare cya Uganda, n’iki Gihugu, yakomeje avuga kandi ko nta musivile uzakorera mu ngata umubyeyi we Museveni.

Ati “Nta musivile uzayobora Uganda nyuma ya Perezida Museveni. Inzego z’umutekano ntizishobora kuzabyemera. Umuyobozi uzakurikiraho agomba kuba ari Umusirikare cyangwa umupolisi.”

Yakomeje asaba abashyigikiye ihuriro PLU bose nk’abitsamuye kuzashyigikira Museveni mu matora yo mu mwaka wa 2026.

General Muhoozi avuga ko nta musivile wazahererekanya ubutegetsi na Museveni

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Nyamasheke: Ababyaye abana b’impanga bahishuye impamvu umwe agwingira undi agakura neza

Next Post

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

by radiotv10
19/07/2025
0

As peace talks between the AFC/M23 coalition and the government of the Democratic Republic of Congo continue, an official announcement...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.