Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen (Rtd) Kabarebe yahishuye uko uwahoze muri FAR wari wiyunze kuri RPF-Inkotanyi yivuyemo

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen (Rtd) Kabarebe yahishuye uko uwahoze muri FAR wari wiyunze kuri RPF-Inkotanyi yivuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko bamwe mu bahoze mu gisirikare cy’ubutegetsi bwateguye Jenoside bari baje gufatanya na FPR-Inkotanyi, batari bahindutse bya nyabyo, atanga urugero rwa Col Lizinde Théoneste, wivuyemo agatuka RPA ubwo yumvaga ko yafashe ikigo cya Kanombe.

Gen (Rtd) James Kabarebe yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, mu biganiro by’Ihuriro rya 16 ry’Umuryango Unity Club, byibanze ku gukomeza gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Muri ibi biganiro, hagaragajwe uburyo ubumwe bw’Abanyarwanda bwubatswe n’Umuryango RPF-Inkotanyi nyuma y’uko izahoze ari ingabo zawo za RPA zari zimaze guhagarika Jenoside.

Ihame ry’ubumwe muri uyu muryango bwatangiranye na wo kuva wavuka, kuko ntawe wasubizaga inyuma, ndetse mu gihe watangizaga urugamba rwo kwibohora, wanakiriye bamwe mu bahoze mu gisirikare cy’ubutegetsi bwateguye Jenoside bukanayikora.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagarutse kuri bamwe muri abo basirikare bari biyunze kuri RPF-Inkotanyi, yavuze ko harimo abatari barahindutse koko.

Yavuze kuri Col Lizinde Théoneste, Biseruka, Muvunanyambo bari mu baje muri RPF nyuma y’uko ibafunguje aho bari bafungiye muri Gereza ya Ruhengeri.

Ati “Ubwo twari dufite ibyishimo by’uko tubonye abakomanda, abamojoro, abantu bakomeye bize igisirikare bateye ubwoba, bagiye kudufasha urugamba, noneho bazi n’imirwanire y’abo bari bavuyemo, noneho banabarakariye cyane kuko bari barabafunze burundu.”

Yakomeje avuga ko ubwo bageraga mu Birunga, bahise basaba imbunda, barazihabwa bizeye ko bagiye gufasha RPA urugamba, ariko ubwo bajyaga ku rugamba ku munsi wa mbere“bagiye saa mbiri ariko nka saa tatu bari bamaze kugaruka batanageze ku rugamba. Bagarukira mu nzira, bigaragara ko batabishoboye.”

Yavuze ko byari bigoye guhindura abantu nk’aba bari barakuriye mu ngengabitekerezo mbi, atanga urugero kuri Lizinde.

Ati “Lizinde yari i Byumba mu gihe cyo guhagarika Jenoside, kuko yari komanda mukuru yari afite amaradiyo, amenya amakuru ko ikigo cya Kanombe Inkotanyi zagifashe, we ubwe bimunanira kwihangana ati ‘inyana z’imbwa ziragifashe’, ati ‘baragitaye, baragitanze’ ati ‘ariko barabeshya abakomando ba Bigogwe baragisubirana’ kandi ni umuntu twari tumaranye hafi imyaka ine ku rugamba.”

General (Rtd) Kabarebe uvuga ko nubwo Col Lizinde yavuze ibi, bitatumye RPF-Inkotanyi imwirukana, ahubwo ko bakomeje kwigisha abari bafite imyumvire nk’iyi, nubwo hari abo byari bigiye ko bahinduka.

Col Lizinde Théoneste wari ku ruhande rw’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Kayibanda mu 1973, yaje gufungwa mu 1980 ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana, akatirwa gufungwa imyaka 20, ariko mu 1991 aza kuba umwe mu bafunguwe na RPA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 5 =

Previous Post

India: Hatangajwe igikekwaho gutera impanuka ya gari ya moshi yahitanye abarenga 10

Next Post

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.