Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen (Rtd) Kabarebe yahishuye uko uwahoze muri FAR wari wiyunze kuri RPF-Inkotanyi yivuyemo

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen (Rtd) Kabarebe yahishuye uko uwahoze muri FAR wari wiyunze kuri RPF-Inkotanyi yivuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko bamwe mu bahoze mu gisirikare cy’ubutegetsi bwateguye Jenoside bari baje gufatanya na FPR-Inkotanyi, batari bahindutse bya nyabyo, atanga urugero rwa Col Lizinde Théoneste, wivuyemo agatuka RPA ubwo yumvaga ko yafashe ikigo cya Kanombe.

Gen (Rtd) James Kabarebe yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, mu biganiro by’Ihuriro rya 16 ry’Umuryango Unity Club, byibanze ku gukomeza gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Muri ibi biganiro, hagaragajwe uburyo ubumwe bw’Abanyarwanda bwubatswe n’Umuryango RPF-Inkotanyi nyuma y’uko izahoze ari ingabo zawo za RPA zari zimaze guhagarika Jenoside.

Ihame ry’ubumwe muri uyu muryango bwatangiranye na wo kuva wavuka, kuko ntawe wasubizaga inyuma, ndetse mu gihe watangizaga urugamba rwo kwibohora, wanakiriye bamwe mu bahoze mu gisirikare cy’ubutegetsi bwateguye Jenoside bukanayikora.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagarutse kuri bamwe muri abo basirikare bari biyunze kuri RPF-Inkotanyi, yavuze ko harimo abatari barahindutse koko.

Yavuze kuri Col Lizinde Théoneste, Biseruka, Muvunanyambo bari mu baje muri RPF nyuma y’uko ibafunguje aho bari bafungiye muri Gereza ya Ruhengeri.

Ati “Ubwo twari dufite ibyishimo by’uko tubonye abakomanda, abamojoro, abantu bakomeye bize igisirikare bateye ubwoba, bagiye kudufasha urugamba, noneho bazi n’imirwanire y’abo bari bavuyemo, noneho banabarakariye cyane kuko bari barabafunze burundu.”

Yakomeje avuga ko ubwo bageraga mu Birunga, bahise basaba imbunda, barazihabwa bizeye ko bagiye gufasha RPA urugamba, ariko ubwo bajyaga ku rugamba ku munsi wa mbere“bagiye saa mbiri ariko nka saa tatu bari bamaze kugaruka batanageze ku rugamba. Bagarukira mu nzira, bigaragara ko batabishoboye.”

Yavuze ko byari bigoye guhindura abantu nk’aba bari barakuriye mu ngengabitekerezo mbi, atanga urugero kuri Lizinde.

Ati “Lizinde yari i Byumba mu gihe cyo guhagarika Jenoside, kuko yari komanda mukuru yari afite amaradiyo, amenya amakuru ko ikigo cya Kanombe Inkotanyi zagifashe, we ubwe bimunanira kwihangana ati ‘inyana z’imbwa ziragifashe’, ati ‘baragitaye, baragitanze’ ati ‘ariko barabeshya abakomando ba Bigogwe baragisubirana’ kandi ni umuntu twari tumaranye hafi imyaka ine ku rugamba.”

General (Rtd) Kabarebe uvuga ko nubwo Col Lizinde yavuze ibi, bitatumye RPF-Inkotanyi imwirukana, ahubwo ko bakomeje kwigisha abari bafite imyumvire nk’iyi, nubwo hari abo byari bigiye ko bahinduka.

Col Lizinde Théoneste wari ku ruhande rw’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Kayibanda mu 1973, yaje gufungwa mu 1980 ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana, akatirwa gufungwa imyaka 20, ariko mu 1991 aza kuba umwe mu bafunguwe na RPA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

India: Hatangajwe igikekwaho gutera impanuka ya gari ya moshi yahitanye abarenga 10

Next Post

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Icyo umusizi ugezweho mu Rwanda asubiza abamubaza ku mafoto ye akomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.