Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General ukomeje gushyikirana na M23 yaganiriye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
General ukomeje gushyikirana na M23 yaganiriye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Major General Jeff Nyagah uyoboye itsinda rya EACRF ry’Ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa EAC zinakomeje kugirana ibiganiro na M23, yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi bagirana ibiganiro.

Ibi biganiro byahuje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Major General Jeff Nyagah, byabaye ku wa Kane w’iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2022.

Ibi biganiro bibaye hatarashira icyumweru uyu Mujenerari uyoboye ingabo ziri mu butumwa bwa EAC ashyikirijwe na M23 agace ka Kibumba kari kamaze igihe kagenzurwa n’uyu mutwe.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 23 Ukuboza 2022, i Kibumba habereye uyu muhango wa M23 yashyikirije ku mugaragaro izi ngabo za EACRF aka gace, ubundi abarwanyi b’uyu mutwe bari bari muri aka gace bahita bakavamo.

Ubwo M23 yari imaze gushyikiriza ku mugaragaro aka gace izi ngabo, Major General Jeff Nyagah yashimiye uyu mutwe kuba ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Icyo gihe yagize ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka gace aka kanya gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Major General Jeff Nyagah ubwo yakirwaga na Perezida Félix Tshisekedi, yamugaragarije uko ibikorwa byo kugarura amahoro muri Kivu ya Ruguru biri kugenda nyuma yuko izi ngabo ayoboye za EACRF zigeze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Major General Jeff Nyagah yakiriwe na Perezida Tshisekedi mbere y’umunsi umwe kugira ngo umutwe wa M23 wongere kugirana ibiganiro n’izi ngabo ayoboye zigize itsinda rya EACRF, biba kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Ukuboza 2022 nkuko biherutse gutangazwa n’ubuyobozi bw’uyu mutwe.

Tshisekedi yakiriye mu biro bye Major General Jeff Nyagah

Mu cyumweru gishize Major General Jeff Nyagah yashyikirijwe na M23 agace ka Kibumba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − six =

Previous Post

Uwakinnye ruhago mu Rwanda ari mu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye muri Uganda

Next Post

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.