Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General ukomeje gushyikirana na M23 yaganiriye na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
General ukomeje gushyikirana na M23 yaganiriye na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Major General Jeff Nyagah uyoboye itsinda rya EACRF ry’Ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa EAC zinakomeje kugirana ibiganiro na M23, yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi bagirana ibiganiro.

Ibi biganiro byahuje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Major General Jeff Nyagah, byabaye ku wa Kane w’iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2022.

Ibi biganiro bibaye hatarashira icyumweru uyu Mujenerari uyoboye ingabo ziri mu butumwa bwa EAC ashyikirijwe na M23 agace ka Kibumba kari kamaze igihe kagenzurwa n’uyu mutwe.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 23 Ukuboza 2022, i Kibumba habereye uyu muhango wa M23 yashyikirije ku mugaragaro izi ngabo za EACRF aka gace, ubundi abarwanyi b’uyu mutwe bari bari muri aka gace bahita bakavamo.

Ubwo M23 yari imaze gushyikiriza ku mugaragaro aka gace izi ngabo, Major General Jeff Nyagah yashimiye uyu mutwe kuba ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe.

Icyo gihe yagize ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka gace aka kanya gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Major General Jeff Nyagah ubwo yakirwaga na Perezida Félix Tshisekedi, yamugaragarije uko ibikorwa byo kugarura amahoro muri Kivu ya Ruguru biri kugenda nyuma yuko izi ngabo ayoboye za EACRF zigeze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Major General Jeff Nyagah yakiriwe na Perezida Tshisekedi mbere y’umunsi umwe kugira ngo umutwe wa M23 wongere kugirana ibiganiro n’izi ngabo ayoboye zigize itsinda rya EACRF, biba kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Ukuboza 2022 nkuko biherutse gutangazwa n’ubuyobozi bw’uyu mutwe.

Tshisekedi yakiriye mu biro bye Major General Jeff Nyagah

Mu cyumweru gishize Major General Jeff Nyagah yashyikirijwe na M23 agace ka Kibumba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + sixteen =

Previous Post

Uwakinnye ruhago mu Rwanda ari mu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye muri Uganda

Next Post

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.