Ghana: Minisitiri yirukanywe nyuma y’uko ibiri mu nshingano ze bikomeje kuzamba

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ken Ofori-Atta wari Minisitiri w’Imari muri Ghana, yirukanywe na Perezida w’iki Gihugu, nyuma y’uko ubukungu bw’iki Gihuhu bukomeje kugwa mu manga.

African News Agency dukesha aya makuru, ivuga Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yasimbuye Ken Ofori-Atta agashyiraho Mohammed Amin Adam wari usanzwe ukora muri iyi Ministere.

Izindi Nkuru

Uyu Minisitiri mushya, yitezweho guhangana n’amadeni iki Gihugu kirimo cyagiye gifata kubera ihungabana ry’ubukungu.

Ken Ofori-Atta wirukanywe kuri uyu mwanya, yabaye Minisitiri w’Imari wa Ghana mu mwaka wa 2017.

Ubukungu bw’iki Gihugu bwatangiye kuzamba kuva muri 2022 aho bimwe mu biciro byanatangiye kuzamuka bikagera ku kigero cya 50%, ibintu byatumye iki Gihugu kinjira mu myenda myinshi kirwana no kuzahura ubukungu.

Si Minisitiri w’Imari gusa wakuwe ku mirimo ye, kuko Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yanirukanye abandi 12 bari muri Guverinoma nk’Abanyamabanga ba Leta.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru