Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Bahishuye ingeso y’ibitemewe yakujije indi ibabangamiye

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in MU RWANDA
0
Gisagara: Bahishuye ingeso y’ibitemewe yakujije indi ibabangamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko barembejwe n’ubujura bukabije bw’imyaka, bukorwa n’ababa bashaka amafaranga yo kujya kugura inzoga z’inkorano.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko batagitunga imyaka, kuko yibwa n’abajura, batanatinya gutobora inzu.

Umwe yagize ati “Ibigori, ibitoki byose bariba nta na kimwe basize, konteri z’ivomero na za robine zazo, insinga z’amashanyarazi byose barabyiba.”

Aba baturage bavuga kandi ko n’imyaka ikiri mu mirima, bayiba, ku buryo bamwe basigaye barize amayeri yo kuyisarura itarera. Undi ati “Tujya gusarura dutanguranwa ngo batabitwiba.”

Aba baturage bavuga ko ababiba babazi, kuko hari abaramuka biyicariye ntacyo bakora, ariko umugoroba waza, bakaba basinze, ku buryo ntahandi bakura amafaranga yo kunywera atari mu bujura.

yakomeje avuga ko hari nk’abantu bazinduka biyicariye ntacyo bakora nyamara bo biriwe mu murima bahinga bashakisha nyamara wababona mu yandi masaha ugasanga nibo basinze bariye kandi bahaze.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Gisagara ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Habineza Jean Paul avvuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo ndetse ko hari bamwe mu bakekwaho ubu bujura, bafashwe.

Yagize ati “Mu bujura naho tumaze gufatirayo abantu batari bacye, barafungwa. Icyo twasaba abaturage ni ukwicungira umutekano kuko ahashoboka hose nk’ubuyobozi tuba twashyizeho irondo kandi n’irondo rya ku manywa rirashoboka.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Imyigaragambyo idasanzwe yadutse i Burayi yakajije umurindi mu isura itari yitezwe

Next Post

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.