Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Hari ababyeyi bacyumva ko urangije ‘Primaire’ aba asoje amashuri

radiotv10by radiotv10
03/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: Hari ababyeyi bacyumva ko urangije ‘Primaire’ aba asoje amashuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Gisagara hagaragara Ingimbi n’Abangavu benshi batiga, wababaza impamvu bakavuga ko barangije amashuri, nyamara barize abanza gusa bagahita bakurwamo n’ababyeyi babo bagifite imyumvire ko muri iki cyiciro ari ho amashuri arangirira.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye mu bice binyuranye byo muri aka Karere, yasanze bamwe mu ngimbi n’abangavu baba bibereye mu masoko bashakisha imibereho mu gihe abandi baba bari iwabo.

N’ubwo bitoroshye kubona uwemera ko muganira kuri iyi ngingo, bamwe mu bo twaganiriye bavuga ko uyu ari umuco basanze ko urangije umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza umuryango we umusaba guhigamira barumuna be ibyitwa ko aba arangije amashuri bityo nab o ngo bakazasoreza mu icyo kiciro.

Umukobwa ufite imyaka 16 yagize ati “Narangije uwa gatandatu nyine mpita mvamo kuko iwacu batabishakaga kandi ntabwo nagenda iwacu babyanze, ntabwo narenga ku mategeko y’iwacu.”

Uyu mwana avuga ko hafi ya bose mu bo biganana, barangirije amashuri yabo muri iki cyiro cy’abanza.

Undi na we wacumbikiye amashuri mu wa gatandatu w’amashuri abanza, yagize ati “Mu gace k’iwacu hafi ya bose babivuyemo, abahungu bo banabaye ibirara bakina urusimbi bananiye abayobozi.”

Undi we avuga ko iwabo bavuka ari abana batandatu, bityo ko batari kubasha kubarihira bose. Ati “Iwacu bashatse ko mvamo ngo bakomeze n’abo bige na bo bagera nk’aho nageze na bo bavemo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome avugako iki kibazo na bo bakomeje guhangana na cyo, akavuga ko kugira ngo kiranduke burundu, bisaba guhanahana amakuru hagati y’ababyeyi n’abarezi ndetse n’inzego z’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Urukiko rwasanze hari impamvu zikomeye zituma Mukase wa Akeza akekwaho uruhare mu rupfu rwe

Next Post

Perezida Kagame i Nairobi yahuye na Kenyatta baganira ku birebana na Afurika y’Iburasirazuba

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame i Nairobi yahuye na Kenyatta baganira ku birebana na Afurika y’Iburasirazuba

Perezida Kagame i Nairobi yahuye na Kenyatta baganira ku birebana na Afurika y’Iburasirazuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.