Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima yabo bakabarandurira imyaka, batabanje kubamenyesha, batanababwiye ko bazabishyura ingurane, bagasaba inzego kubyinjiramo.

Ukigera ahari gukorerwa iyi mirimo mu Kagali ka Kibilizi ndetse n’aka Muyira, usanganirwa n’abaturage bagaragaza ko nubwo bakeneye amazi, ariko ibikorwa biri gukorwa birimo kubangiriza imyaka bari barahinzemo.

Aba baturage bavuga ko bagiye kubona babona abantu baza guca imiyoboro mu mirima yabo, barandura imyaka batabanje kubabarira cyangwa ngo bababwire niba bazishyurwa.

Uwimana Alice utuye mu Kagari ka Kibilizi yagize ati “Baraje baca imiyoboro mu murima wanjye barandura ibishyimbo n’ibigori, ntihagira umbwira niba bazanyishyura. Twifuza ko batwishyura imyaka yacu.”

Uwizeyimana Agnes yongeraho ko batewe impungenge n’inzara bashobora guhura na yo. Ati “Twe icyo dusaba ni uko batubarira ibyo batwangirije bakabitwishyura, kuko nta handi twakura ibizatunga imiryango yacu. Nanjye bananduriye imyumbati, ibigori, kawa, amateke n’ibirayi. Ni inzara. Ikibazo, ntan’ubwo batubariye cyangwa ngo batubwire ko tuzishyurwa.”

Umuyobozi w’Umurenge wa Kibilizi, Kayinamura Jean Baptiste, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko kiri gukurikiranwa ku buryo mu minsi micye kizaba cyakemutse.

Yagize ati “Umuyoboro uri gukorwa ukura amazi mu Kagari ka Muyira uyajyana mu Kagari ka Kibilizi. Uri gukorwa bitewe n’ikibazo cya pompe yangiritse yajyanaga amazi ku bitaro bya Kibilizi no muri centre ya Kibilizi. Byabaye ngombwa ko dukorana inama n’abaturage tubamenyesha ikibazo gihari, tuzana umugenagaciro.”

Uyu muyobozi avuga ko kuri uyu wa Gatatu umugenagaciro azasinyisha abaturage kugira ngo bazabone uko bishyurwa. Ati “Bihangane, kubara no kubishyura byose biragendana kugira ngo dukemure ikibazo cy’amazi.”

Aba baturage bavuga ko bishimira aya mazi bari guhabwa, gusa bagasaba ko bakwishyurwa imitungo yabo yangijwe ndetse bagasaba ko mu gihe ibikorwa nk’ibi bigiye kubagezwaho bajya babanza kubarirwa imitungo yabo, kuko nk’ubu bafite impungenge ko nibabarurirwa nyuma ibyangijwe batarabarirwa hari abo bizagorana kumenya agaciro kabyo kuko bizaba byaramaze kwangirika.

Imyaka yabo yarangijwe batabanje kumenyeshwa

Basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − thirteen =

Previous Post

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.