Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanyi b’umubyeyi w’abana batanu mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baramutabariza nyuma yo kumara imyaka itatu asanzwemo Cancer, akaba yarabuze ubushobozi bwo kujya kwivuza, none ubuzima buri kumucika, ndetse n’urubyaro rwe ntirubasha kubaho.

Mukeshimana Forodonata wo mu Mugugudu wa Kagarama mu Kagari ka Muyira mu Murenge wa Kibilizi, avuga ko amaranye imyaka itatu uburwayi bwa kanseri yo mu kibuno na bwo bwamenyekanye bitinze kuko yabanje kwivuriza mu mavuriro atandukanye ariko barabuze uburwayi.

Nubwo yasanzwemo ubu burwayi, yabuze ubushobozi bwo kwivuza agasaba abagiraneza kumufasha akabasha kwivuza.

Ati “Banyohereje kujya kuyivuriza mu Bitaro bya Butaro mbura ubushobozi, ubu imyaka ishize ari itatu mfite ubwo burwayi kandi uko igihe gishira uburwayi buri kugenda bwiyongera kuko ubu sinshobora no kugira icyo nkora.”

Avuga ko abana be batanu bavuye mu ishuri kuko ari we wabashakishirizaga ubushobozi none aho arwariye babuze babuze amafaranga y’ishuri n’ibikoresho.

Abaturanyi b’uyu mubyeyi bavuga ko abayeho mu buzima bugoye, bagasaba abagiraneza kumufasha akajya kwivuza dore ko nta bushobozi afite.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi, Giraneza Clisante avuga ko ikibazo cy’uyu mubyeyi akizi, ndetse ko yigeze guhabwa ubufasha, n’ubu hakaba hakiri gushakishwa ubundi.

Ati “Yaje ku biro by’Umurenge asaba amafaranga y’urugendo kugira ngo agere ku bitaro bya Butaro kwivuza turayamuha. Twamuhaye ibihumbi cumi na bitanu ariko turacyakora ubuvugizi kugira ngo abone uko yivuza.”

Uyu mubyeyi w’imyaka 45 y’amavuko, avuga ko kuri ubu nta kintu na kimwe abasha gukora bitewe n’ubu burwayi bukomeje gutuma agira uburibwe bwinshi.

Avuga ko ntacyo akibasha gukora nyamara ari we wari utunze abana be

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eighteen =

Previous Post

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

Next Post

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

UPDATE: Uko byagenze ngo u Rwanda rumenye ko muhindi warutorokeyemo yavuye iwabo akurikiranyweho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.