Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Goma: Harashwe amasasu mu guhagarika Abiraye mu maduka y’Abanyarwanda bakayasahura ubwo bigaragambyaga
Share on FacebookShare on Twitter

Amaduka y’Abanyarwanda ari mu Mujyi wa Goma muri DRCongo, yahuye n’uruva gusenya ubwo bamwe mu Banye-Congo baramukiye mu myigaragambyo bayamenaguraga ubundi bakayiraramo bakayasahura, bigatuma inzego z’umutekano zirasa amasasu, bagahita bakwira imishwaro.

Iyi myigaragambyo yaramutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, yanageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubwo abari bayirimo bashakaga gukoresha imbaraga ngo binjire ariko inzego z’umutekano za Congo zikababuza.

Ntibyaciriye aho kuko aba bashakaga kumena bariyeri ngo binjire mu Rwanda, babonye byanze ubundi bagatera amabuye menshi mu Rwanda, batuka Igihugu cy’igituranyi ndetse n’Abanyarwanda.

Bamaze kubuzwa kwinjira mu Rwanda bahise bahindukira birara mu maduka y’Abanyarwanda ari i Goma, batangira kuyasahura.

What leadership vaccums do. Shops belonging to kinyarwanda-speaking Congolese now being looted in Goma. pic.twitter.com/allzihNJoh

— F. Golooba-Mutebi (@FGoloobaMutebi) June 15, 2022

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba bari biraye mu maduka y’Abanyarwanda, basohokana ibicuruzwa ubundi bakabirwanira bananiwe kubigabana.

Umwe mu basahuriwe amaduka n’ububiko, ni umucuruzi Sandro Shyaka uzwi cyane mu Karere ka Rubavu unamaze umwaka umwe ashimutiwe muri Congo.

Umwe mu bari i Goma, yatangaje ko aba bigabije amaduka y’Abanyarwanda bakayasahura, basanzwe ari insoresore zananiranye muri uyu Mujyi wa Goma, dore ko Polisi ari yo yabakomye mu nkokora ikarasa amasasu menshi mu kirere bakiruka.

Umunyarwanda umwe uba mu Mujyi wa Goma, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yabwiye RADIOTV10 ko Abanyarwanda batuye muri uyu mujyi batashywe n’ubwoba kubera iyi myigaragambyo kuko Abanye-Congo bari kubirukana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Next Post

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

EAC yahaye gasopo ya nyuma imitwe iri muri DRC, yemeza koherezayo ingabo byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.