Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zabaye zihagaritse inkunga yose ya gisirikare iki Gihugu cyahaga icya Ukraine, icyemezo kije gikurikira ikiganiro cyahuje Donald Trump na Volodymyr Zelenskyy cyagaragayemo ibisa nko gushyamirana kubera kudahuza.

Iki cyemezo cyo gukuriraho inkunga yose ya gisirikare US yahaga Ukraine, kirareba ibikoresha iki Gihugu cyahaga iki kimaze igihe mu mirwano n’u Burusiya, birimo intwaro, imodoka ndetse n’ibindi bikoresho byose byari byaremejwe ku butegetsi bwa Joe Biden.

Ni icyemezo kije nyuma yuko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, mu Biro bya Perezida wa US-White Hose, habaye igisa n’ubushyamirane mu kiganiro cya Trump na Zelenskyy, aho batahuzaga ku ngingo baganiragaho.

Trump yashinjaga mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, “gukina n’intambara ya gatatu y’isi yose” kandi ko ari gukina n’amagara y’Abanya-Ukraine bakomeje gutikirira muri iyi mirwano.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy wari wajyanywe n’umugambi wo kuganira ku masezerano y’amabuye y’agaciro, yasabwe kuzagaruka igihe azaba yiteguye amahoro.

Umwe mu bayobozi bo hejuru, yabwiye Ikinyamakuru Fox News, ko icyemezo cyafashwe na America “atari uguhagarika burundu inkunga, ahubwo ko ari ukuba ihagararitswe.”

Nanone kandi bivugwa ko ibikoresho byose by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America biri muri Ukraine, birimo intwaro ziri ku bibuga by’indege ndetse n’amato ari mu bice bya Poland, ntabwo bizahita bicyurwa.

Bivugwa ko Perezida Donald Trump yategetse Umunyamabanga mu bya Gisirikare, Pete Hegseth, gushyira mu bikorwa iki cyemezo cyo kuba bahagaritse inkunga zahabwaga Ukraine mu bya gisirikare.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’u Burusiya bwo bwishimiye iki cyemezo cyafashwe na USA, aho spokesperson Dmitry Peskov, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, yavuze ko US “Yazaga ku isonga mu kohereza ibikoresho” bya gisirikare byakoreshwa na Ukraine.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Poland, Paweł Wroński yatangaje ko Ibihugu bihuriye mu Muryango wo gutabarana wa NATO, bitigeze bimenyeshwa kare iki cyemezo.

Yagize ati “Iki ni icyemezo gikomeye cyane, kandi ibintu birakomeye. Iyi ngingo ishobora kumvikana nk’iyoroheje ariko ifite igisobanuro gikomeye mu rwego rwa politiki.”

Mu cyumweru gishize muri White House habaye ibitamenyerewe hagati y’Abakuru b’Ibihuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 11 =

Previous Post

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

Next Post

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Related Posts

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje...

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

IZIHERUKA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi
AMAHANGA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

09/07/2025
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

09/07/2025
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.