Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Guterana amagambo bimaze iminsi mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga bishobora kwinjirwamo n’inzego

radiotv10by radiotv10
15/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Guterana amagambo bimaze iminsi mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga bishobora kwinjirwamo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hamaze iminsi humvikana guterana amagambo hagati y’abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda by’umwihariko YouTube, Umunyapoliyiki Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah wabaye Minisiyiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ko rwabyinjiramo, kuko abona ko byarengereye.

Ku mbuga nkoranyambaga nko kuri YouTube na X (Twiiter) hamaze iminsi hari uguterana amagambo, hagati ya bamwe mu bazwi kuri izi mbuga nkorambaga, bagaragaza ko umwe muri bagenzi babo usanzwe ari Umunyamakuru, yijunditse bamwe.

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago Pon Dat, aherutse gushyira hanze ikiganiro avuga ko yifuza gusubiza abo avuga ko bamwibasiye barimo abanyamakuru bagenzi be nka Murindahabi Irene, abashinja guha umwanya abamusebya.

Iki kiganiro cya Yago cyaje kinakurikira ikiganiro mpurizahamwe (Space) cyakozwe kuri X, cyari kiyobowe n’uwiyita God Father kuri uru rubuga, aho bamwe mu bagitanzemo ibitekerezo bagiye banenga Yago bavuga ko yijunditse abantu bose nyamara nta mpamvu.

Ikiganiro cya Yago, yagiye asa nk’usubiza abamuvuzeho bose barimo uyu witwa God Father kuri X, uzwi nka Sky 2 watanze ikiganiro kuri YouTube ya M. Irene ndetse n’abandi, aho yagiye akoresha amagambo aremereye by’umwihariko kuri God Father, yahinduriye izina akavuga ko ari ‘Satan Father’, ndetse akanamuvugaho ibyumvikanamo irondakarere.

Umunyapolitiki Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah wabaye Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yagize icyo avuga kuri izi mpaka zimaze iminsi.

Mu butumwa Dr. Utumatwishima yanyujije kuri X kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024, yagize ati “Nabanje gukeka ko ibyo uru rubyiruko rurimo  ari ugususurutsa muri showbiz. Hajemo ibyo kuvuga Uturere abantu bavukamo n’inyangarwanda narikanze.”

Utumatwishima yakomeje agira ati “Yago, Godfather, M. irene, Sky2, n’abandi, Gutukana no kubeshyerana si umuco. Mubiveho. RIB Muturebere ko nta byaha bari gukora.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + ten =

Previous Post

Kayonza: Icyo bagaragaza nk’akarengane umuyobozi aravuga ko ari gishya mu matwi ye

Next Post

Ibitazwi bikwiye gutuma habaho impungenge ku ndwara bamwe bafiteho imyumvire ko itavurirwa kwa muganga

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko
MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitazwi bikwiye gutuma habaho impungenge ku ndwara bamwe bafiteho imyumvire ko itavurirwa kwa muganga

Ibitazwi bikwiye gutuma habaho impungenge ku ndwara bamwe bafiteho imyumvire ko itavurirwa kwa muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.