Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutsindwa kenshi hari abo bivuna- FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’Amavubi

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Gutsindwa kenshi hari abo bivuna- FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Nizeyimana Mugabo Olivier yasabye imbabazi Abanyarwanda ku bw’umusaruro udashimishije w’Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu mikino yo gushaka itike ya CHAN 2023.

Nizeyiman Olivier yasabye imbabazi mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022.

Muri iki kiganiro cyarimo n’Umutoza w’Ikipe y’Igihigu Amavubi, Carlos Ferrer, Perezida wa FERWAFA, yagarutse ku mukino uherutse guhuza u Rwanda na Ethiopia.

Ni umukino wongeye kubabaza Abanyarwanda kubera gusezererwa na Ethiopia yatsinze Amavubi 1-0 mu gihe u Rwanda rwari rumaze kugira izina muri iki gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu Bihugu byabo.

Yagize ati “Ni ibintu bitari byiza, tugomba no gusabira imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange, ntabwo ari ko twari twabiteganyije, twari twakoze ibishoboka byose kugira ngo ntibigende kuriya ariko birangira ariko bigenze.”

Yavuze ko ari ko bigenda mu mukino w’umupira w’Amaguru ariko ko hari gukorwa byinshi mu bijyanye na tekinike kugira ngo ikibazo cy’umusaruro udashimishije w’Amavubi kirangire.

Ati “Iyo utsindwa kenshi, abantu bamwe birabavuna, biba byumvikana ariko hari byinshi bijyanye na tekinike bituma rimwe na rimwe umuntu atabona umusaruro mwiza nubwo umuntu atabigira urwitwazo ariko hari n’ibyo tugomba guteza imbere.”

Nizeyimana Olivier avuga ko hari ingamba nyinshi ziri gukorwa kugira ngo ikipe y’Igihugu izongere ihe ibyishimo Abanyarwanda.

Bimwe mu biri gukorwa ni ukuzamura impano z’abakiri bato ku buryo mu myaka iri imbere u Rwanda rwazaba rufite ikipe ikomeye.

Ati “Ntabwo ari ejo nta nubwo ari ejobundi wenda ni mu myaka itanu cyangwa itandatu. Ntabwo Abanyarwanda bategereza iyo myaka badatsinda cyangwa badakina ari na yo mpamvu hari ibindi bintu bikorwa hagati aho kugira ngo dutegereze dufite nibura aho dukandagira, abantu batavugiriza induru.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eleven =

Previous Post

Bamporiki imbere y’Abacamanza ariko atashye ataburanye ku mpamvu yagaragarije Urukiko

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

by radiotv10
04/08/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryifurije iruhuko ridashira Mukanemeye Madeleine wari umukunzi w’umupira w’amaguru by’umwihariko w’Ikipe ya Mukura, witabye...

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura
AMAHANGA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

05/08/2025
Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.