Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gutwara TourDuRwanda 2023 birashoboka-Min. Mimosa yashimye uko Abanyarwanda bitwaye muri TdRda2022
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yashimye abakinnyi b’Abanyarwanda uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2022, abasaba kuzakora ibirenze ku buryo irushanwa ry’umwaka utaha bazaryegukana.

Ministiri Aurore Mimosa Munyangaju, yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare ubwo yahuraga n’abakinnyi b’Abanyarwanda bakinnye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda.

Minisitiri Mimosa aganiriye n’aba bakinnyi nyuma y’umunsi umwe bakinnye agace ka nyuma k’iri rushanwa kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Gashyantare kakegukanwa n’Umunyarwanda Mugisha Moise.

Yagize ati “Ndabashimira ku ntambwe mwagezeho ugereranyije n’umwaka ushize.”

Aka gace ka nyuma kegukanywe n’Umunyarwanda, kari katangijwe na Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru i Rebero aho kanasorejwe.

Ministiri Mimosa, yavuze ko kuza kwa Perezida wa Repubulika, ari ukwereka aba bakinnyi b’Abanyarwanda ko akurikira uyu mukino w’amagare kandi ko yifuza ko Tour du Rwanda igera ku rundi rwego.

Yagize ati “Twanamugejejeho ubutumwa bwanyu ko mumushimira.”

Abakinnyi b’Abanyarwanda, bavuze ko iyo bitabira amarushanwa mpuzamahanga, byari kurushaho gutuma bitwara neza kurushaho.

Minisitiri Mimosa yavuze ko amarushanwa menshi akenewe kandi ko bizashyirwa mu bikorwa kandi ko n’uburyo bitwaye byagenze neza.

Ati “Uko abakinnyi bitwaraga byatwerekaga ko mukomeye ko stage tuzayitwara, mwabigezeho, mwagaragaje ishyaka, izo mbaraga muzikomeze, mukorere hamwe ntabwo watera imbere udakoranye n’abandi.”

Yakomeje agira ati “Byatweretse ko 2023 gutwara Tour du Rwanda bishoboka. Dukore ibishoboka byose twitegure neza kandi kare, tuzavuge ikindi gitero kitari iki.”

Yavuze kandi ko shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare izabera mu Rwanda muri 2025 yegereje, asaba aba basore kwitegura neza.

Ati “kuko ntidushaka kwakira gusa, turazashaka no kuzahataha muri Shampiyona y’Isi ya 2025.”

Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare, Murenzi Abdallah na we wagarutse ku kuba Umunyarwanda yaregukanye agace kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1, yavuze ko bitanga icyizere ko mu bihe biri imbere, abanyarwanda bazarushaho kwitwara neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Next Post

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Papa yashyizeho Musenyeri mushya wa Byumba usimbuye Nzakamwita uharanira imibanire myiza y’imiryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.