Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yasobanuriye abarimu impamvu yasanze kubashyiriraho Iguriro ryihariye bidashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yasubije abarimu bifuje ko habaho iguriro ryihariye ryabo [Mwarimu Shop], ibamenyesha ko kuba ritarashyizwe mu bikorwa atari uko ryibagiranye, ahubwo ari uko basanze ridashoboka ariko ko igisubizo cyaryo cyatangiwe mu kongererwa umushahara.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu.

Umurezi witwa Nahimana Didier akaba n’umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo mu ishuri rya Camp Kigali riherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yabajije Minisitiri w’Intebe iherezo ry’igitekerezo cy’iguriro ryihariye ry’abarimu.

Yatangiye agaragaza ko abarimu bafite akanyamuneza nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda ibazamuriye umushahara.

Ati “Ariko mu gutera imbere cyane nashakaga kuvuga ku kintu kijyanye na Mwarimu Shop. Hanze aha nk’abarezi tuzi ko ikintu cyose umuntu ashyizeho umutima kirashoboka kandi na Leta irashoboye, twifuzaga ko mwatekereza cyane ku kintu kijyanye na Mwarimu Shop ku buryo cyagera mu Turere twose kugira ngo dushobore guhangana n’ibiciro biri ku isoko.”

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko iri guriro ry’abarimu ryategerejweho ariko bakaba barabonye rigoye.

Yagize ati “Mwarimu Shop ntabwo twayibagiwe ahubwo twasanze idashoboka, twasanze igoye. Ndagira ngo mbabwize ukuri mu nama nk’iyi, muri abarezi tuba tugomba kubabwiza ukuri kugira ngo duteze imbere Igihugu cyacu.”

Dr Ngirente yavuze ko icyagombaga kuza nk’igisubizo cy’iri guriro ry’abarimu, cyaziye rimwe no kuzamura umushahara wabo.

Ati “Igituma twazamuye umushahara wa mwarimu muri ziya proportions [mu mibare] mwabonye, ni uko twari twabanje gutekereza mwarimu shop tuza gusanga mwarimu shop igoye mu Rwanda kubera ko niba abarimu bari mu Karere kamwe, iryo duka warishyira he?

None se kugira ngo mwarimu ajye kugura umunyu cyangwa isukari, ko abarimu bagiye bari mu Mirenge no mu Tugari dutandukanye, yajya atega moto agiye kugura isukari?”

Yakomeje agira ati “Twasanze Mwarimu Shop igoye hanyuma turavuga ngo kugira ngo mwarimu ubuzima bwe bugende neza reka ducungire mu mushahara ahubwo tuwongere.”

Yavuze ko icyari gushoboka ari ugushyiraho iguriro rimwe muri buri Karere mu gihe byagaragara ko haba hakenewe ko riba muri buri Kagari ku buryo bigoye.

Ati “Murumva namwe ku gushyira mu bikorwa Mwarimu Shop ari ibintu byagorana cyane kurusha uko mwarimu twamwongereye umushahara agahaha ku isoko risanzwe.”

Ibi biganiro byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa mwarimu, byaranzwe no kugaragaza akanyamuneza k’abarezi nyuma yo kongererwa umushahara, baboneraho kwizeza Guverinoma ko na bo bazatanga umusansu bifuzwaho mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Minisitiri w’Intebe yayoboye uyu muhango
Yizeje abarimu ko Guverinoma izakomeza kubaherekeza
Abarezi na bo bashimiye Perezida wa Repubulika
Ababaye indashyikirwa bahembwe
Bahawe moto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fifteen =

Previous Post

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Next Post

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda yinjiye mu kuba ‘Manager’ w’abahanzi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda yinjiye mu kuba ‘Manager’ w’abahanzi

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda yinjiye mu kuba ‘Manager’ w’abahanzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.