Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi n’igice umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe, gusa bamwe mu baturarwanda bavuga ko bataratangira kubona ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda. Guverinoma y’u Rwanda yavuze impamvu ibi bicuruzwa bitaratangira kuboneka ku isoko.

Ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangazaga ko umupaka wa Gatuna uhuza uhuza u Rwanda na Uganda ugiye gufungurwa, uretse kuba bamwe mu Banyarwanda bari bishimiye kuba bamwe bagiye kongera kujya gusura abo mu miryango yabo n’inshuti zabo muri Uganda, ariko bagiye no kongera kubona bimwe mu bicuruzwa byaturukaga muri Uganda.

Abaturarwanda bavugaga ibi, banagaragazaga ko bigiye gutuma ibiciro bya bimwe mu bicuruzwa byatumbagiye, bigabanuka kuko hari byinshi byuriye kuko byaturukaga muri Uganda.

Gusa kuva uyu mupaka wafungurwa, hakomeje kumvikana amajwi y’abaturage bavuga ko nta bicuruzwa byo muri Uganda biragaragara ku isoko ryo mu Rwanda ndetse ko n’ibiciro byarushijeho gutumbagira.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, yavuze ko kuba ibicuruzwa bituruka muri Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda, ari inzira ikoreshwa mu kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.

Avuga ko iyo umuntu ashaka kujya kuzana ibicuruzwa hanze agomba kubanza kubisabira uburenganzira mu nzego zinyuranye zirimo izishinzwe gupima ubuziranenge.

Ati “Wamara gusaba hari ukuntu inzego zikorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahooro bakaguha rwa rupapuro rwemera ko ujya kuzana ibyo bintu, nyuma hakaza icyo bita kugenzura noneho ubuziranenge bw’ibyo uzanye niba bimeze neza n’ibindi bijyanye na byo.”

Minisitiri Ngirente avuga ko aho umupaka ufunguriwe, hari ubusabe bwatanzwe n’abantu bifuza kujya kuzana ibicuruzwa muri Uganda.

Ati “Ikirimo gukorwa ubu, ni inyigo kugira ngo bive muri za nzego ebyiri, abasabwe bemeze ko ibyo bicuruzwa bizaza byujuje igipimo ngenga hanyuma noneho ikigo cy’imisoro n’amahoro kibone gutanga uburenganzira.”

Yavuze ko izi nzira ari zo zikiri gukorwa, ati “Wenda icyo mwatugaya ni ukuba igenda itwara iminsi ariko turagira ngo tubwire abacuruzi ko gucuruzanya na Uganda biremewe ntabwo bibujijwe kuko twarafunguye ariko hari inzira zikorwa kugira ngo umucuruzi arangure.”

Bimwe mu bicuruzwa bitegerejwe n’abaturarwanda byari bisanzwe bituruka muri Uganda, birimo ibisigaye bihenze muri iyi minsi kandi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi nk’amavuta yo guteka n’ayo kwisiga ndetse n’amasabune.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nineteen =

Previous Post

Gukinisha Abanyamahanga byatumye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball ricibwa Miliyoni 120Frw

Next Post

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.