Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi n’igice umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe, gusa bamwe mu baturarwanda bavuga ko bataratangira kubona ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda. Guverinoma y’u Rwanda yavuze impamvu ibi bicuruzwa bitaratangira kuboneka ku isoko.

Ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangazaga ko umupaka wa Gatuna uhuza uhuza u Rwanda na Uganda ugiye gufungurwa, uretse kuba bamwe mu Banyarwanda bari bishimiye kuba bamwe bagiye kongera kujya gusura abo mu miryango yabo n’inshuti zabo muri Uganda, ariko bagiye no kongera kubona bimwe mu bicuruzwa byaturukaga muri Uganda.

Abaturarwanda bavugaga ibi, banagaragazaga ko bigiye gutuma ibiciro bya bimwe mu bicuruzwa byatumbagiye, bigabanuka kuko hari byinshi byuriye kuko byaturukaga muri Uganda.

Gusa kuva uyu mupaka wafungurwa, hakomeje kumvikana amajwi y’abaturage bavuga ko nta bicuruzwa byo muri Uganda biragaragara ku isoko ryo mu Rwanda ndetse ko n’ibiciro byarushijeho gutumbagira.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, yavuze ko kuba ibicuruzwa bituruka muri Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda, ari inzira ikoreshwa mu kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.

Avuga ko iyo umuntu ashaka kujya kuzana ibicuruzwa hanze agomba kubanza kubisabira uburenganzira mu nzego zinyuranye zirimo izishinzwe gupima ubuziranenge.

Ati “Wamara gusaba hari ukuntu inzego zikorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahooro bakaguha rwa rupapuro rwemera ko ujya kuzana ibyo bintu, nyuma hakaza icyo bita kugenzura noneho ubuziranenge bw’ibyo uzanye niba bimeze neza n’ibindi bijyanye na byo.”

Minisitiri Ngirente avuga ko aho umupaka ufunguriwe, hari ubusabe bwatanzwe n’abantu bifuza kujya kuzana ibicuruzwa muri Uganda.

Ati “Ikirimo gukorwa ubu, ni inyigo kugira ngo bive muri za nzego ebyiri, abasabwe bemeze ko ibyo bicuruzwa bizaza byujuje igipimo ngenga hanyuma noneho ikigo cy’imisoro n’amahoro kibone gutanga uburenganzira.”

Yavuze ko izi nzira ari zo zikiri gukorwa, ati “Wenda icyo mwatugaya ni ukuba igenda itwara iminsi ariko turagira ngo tubwire abacuruzi ko gucuruzanya na Uganda biremewe ntabwo bibujijwe kuko twarafunguye ariko hari inzira zikorwa kugira ngo umucuruzi arangure.”

Bimwe mu bicuruzwa bitegerejwe n’abaturarwanda byari bisanzwe bituruka muri Uganda, birimo ibisigaye bihenze muri iyi minsi kandi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi nk’amavuta yo guteka n’ayo kwisiga ndetse n’amasabune.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Gukinisha Abanyamahanga byatumye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball ricibwa Miliyoni 120Frw

Next Post

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.