Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yasobanuye impamvu ibicuruzwa biturura Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi n’igice umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunguwe, gusa bamwe mu baturarwanda bavuga ko bataratangira kubona ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda. Guverinoma y’u Rwanda yavuze impamvu ibi bicuruzwa bitaratangira kuboneka ku isoko.

Ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangazaga ko umupaka wa Gatuna uhuza uhuza u Rwanda na Uganda ugiye gufungurwa, uretse kuba bamwe mu Banyarwanda bari bishimiye kuba bamwe bagiye kongera kujya gusura abo mu miryango yabo n’inshuti zabo muri Uganda, ariko bagiye no kongera kubona bimwe mu bicuruzwa byaturukaga muri Uganda.

Abaturarwanda bavugaga ibi, banagaragazaga ko bigiye gutuma ibiciro bya bimwe mu bicuruzwa byatumbagiye, bigabanuka kuko hari byinshi byuriye kuko byaturukaga muri Uganda.

Gusa kuva uyu mupaka wafungurwa, hakomeje kumvikana amajwi y’abaturage bavuga ko nta bicuruzwa byo muri Uganda biragaragara ku isoko ryo mu Rwanda ndetse ko n’ibiciro byarushijeho gutumbagira.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, yavuze ko kuba ibicuruzwa bituruka muri Uganda bitaratangira kuboneka mu Rwanda, ari inzira ikoreshwa mu kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.

Avuga ko iyo umuntu ashaka kujya kuzana ibicuruzwa hanze agomba kubanza kubisabira uburenganzira mu nzego zinyuranye zirimo izishinzwe gupima ubuziranenge.

Ati “Wamara gusaba hari ukuntu inzego zikorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahooro bakaguha rwa rupapuro rwemera ko ujya kuzana ibyo bintu, nyuma hakaza icyo bita kugenzura noneho ubuziranenge bw’ibyo uzanye niba bimeze neza n’ibindi bijyanye na byo.”

Minisitiri Ngirente avuga ko aho umupaka ufunguriwe, hari ubusabe bwatanzwe n’abantu bifuza kujya kuzana ibicuruzwa muri Uganda.

Ati “Ikirimo gukorwa ubu, ni inyigo kugira ngo bive muri za nzego ebyiri, abasabwe bemeze ko ibyo bicuruzwa bizaza byujuje igipimo ngenga hanyuma noneho ikigo cy’imisoro n’amahoro kibone gutanga uburenganzira.”

Yavuze ko izi nzira ari zo zikiri gukorwa, ati “Wenda icyo mwatugaya ni ukuba igenda itwara iminsi ariko turagira ngo tubwire abacuruzi ko gucuruzanya na Uganda biremewe ntabwo bibujijwe kuko twarafunguye ariko hari inzira zikorwa kugira ngo umucuruzi arangure.”

Bimwe mu bicuruzwa bitegerejwe n’abaturarwanda byari bisanzwe bituruka muri Uganda, birimo ibisigaye bihenze muri iyi minsi kandi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi nk’amavuta yo guteka n’ayo kwisiga ndetse n’amasabune.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Gukinisha Abanyamahanga byatumye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball ricibwa Miliyoni 120Frw

Next Post

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Nyuma yo kwakira Minisitiri w’Ingabo, Perezida w’u Burundi yanakiriye ukuriye Gatulika mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.