Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Umunyafurika wari uri mu Bwongereza, yabaye umwimukira wa mbere woherejwe mu Rwanda uturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Ni amakuru yemejwe na Guverinoma y’u Rwanda, nk’uko Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda yabitangarije Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko uwageze mu Rwanda ari Umunyafurika wifuje koherezwa ku bushake bwe, nyuma y’uko ibyangombwa byamwemereraga kuba ari mu Bwongereza birangiye.

Aya makuru yari yabanje gutangazwa n’Ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza, cyavuze ko uyu Mwimukira wa mbere wari mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda, yoherejwe ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 29 Mata 2024.

Iki gitangazamakuru cyanavugaga ko uyu woherejwe ari umugabo ukomoka muri Afurika, yoherejwe ahawe ibihumbi 3 by’Ama Pounds, yoherejwe ku bushake bwe ndetse ko yazanywe mu ndege isanzwe itwara abagenzi.

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, avuga ko bamwe mu bimukira n’abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bazajya boherezwa mu Rwanda.

Aya masezerano yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, ashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta [Rwanda] n’uwari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, Priti Patel.

Aya masezerano yari yashyizweho umukono, bwa mbere, yaje guhura n’imbogamizi zari zishingiye ku byavugwaga ko biburamo, ndetse n’abayanengaga, byaje no gutuma hari abitabaza Inkiko zirimo izo mu Bwongereza n’iz’i Burayi.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hasinywe amasezerano avuguruye, yasubizaga ibibazo byose byari byagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwari rwatesheje agaciro amasezerano ya mbere.

Mu kwezi gushize, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje aya masezerano, yemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bavuye mu Bwongereza, ndetse yanemejwe n’Ubwami bw’iki Gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari aherutse gutangaza ko indege ya mbere izazana abimukira ba mbere barebwa n’aya masezerano, izaza mu byumweru biri hagati y’10  na 12 biri imbere.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda we yari aherutse kuvuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kwakira abimukira cyangwa abashaka ubuhungiro barebwa n’iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Mu kiganiro yatanze nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeye uyu mugambi, Mukuralinda yari yagize ati “U Rwanda ruriteguye, n’ejo baje twabakira. Ejo mvuga ntabwo ari bya bindi byo kuvuga bya Kinyarwanda, ejo ku wa Gatatu, bafashe indege iri joro, mu gitondo bakagera i Kanombe twabakira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 19 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.