Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Umunyafurika wari uri mu Bwongereza, yabaye umwimukira wa mbere woherejwe mu Rwanda uturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Ni amakuru yemejwe na Guverinoma y’u Rwanda, nk’uko Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda yabitangarije Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko uwageze mu Rwanda ari Umunyafurika wifuje koherezwa ku bushake bwe, nyuma y’uko ibyangombwa byamwemereraga kuba ari mu Bwongereza birangiye.

Aya makuru yari yabanje gutangazwa n’Ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza, cyavuze ko uyu Mwimukira wa mbere wari mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda, yoherejwe ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 29 Mata 2024.

Iki gitangazamakuru cyanavugaga ko uyu woherejwe ari umugabo ukomoka muri Afurika, yoherejwe ahawe ibihumbi 3 by’Ama Pounds, yoherejwe ku bushake bwe ndetse ko yazanywe mu ndege isanzwe itwara abagenzi.

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, avuga ko bamwe mu bimukira n’abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bazajya boherezwa mu Rwanda.

Aya masezerano yasinywe bwa mbere muri Mata 2022, ashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta [Rwanda] n’uwari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, Priti Patel.

Aya masezerano yari yashyizweho umukono, bwa mbere, yaje guhura n’imbogamizi zari zishingiye ku byavugwaga ko biburamo, ndetse n’abayanengaga, byaje no gutuma hari abitabaza Inkiko zirimo izo mu Bwongereza n’iz’i Burayi.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, hasinywe amasezerano avuguruye, yasubizaga ibibazo byose byari byagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rwari rwatesheje agaciro amasezerano ya mbere.

Mu kwezi gushize, Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yemeje aya masezerano, yemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bavuye mu Bwongereza, ndetse yanemejwe n’Ubwami bw’iki Gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari aherutse gutangaza ko indege ya mbere izazana abimukira ba mbere barebwa n’aya masezerano, izaza mu byumweru biri hagati y’10  na 12 biri imbere.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Bernard Mukuralinda we yari aherutse kuvuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kwakira abimukira cyangwa abashaka ubuhungiro barebwa n’iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Mu kiganiro yatanze nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeye uyu mugambi, Mukuralinda yari yagize ati “U Rwanda ruriteguye, n’ejo baje twabakira. Ejo mvuga ntabwo ari bya bindi byo kuvuga bya Kinyarwanda, ejo ku wa Gatatu, bafashe indege iri joro, mu gitondo bakagera i Kanombe twabakira.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twelve =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Related Posts

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

IZIHERUKA

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi
MU RWANDA

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.