Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka nubwo yashyizemo nkunganire aho lisansi yagombaga kuzamukaho 307 Frw yiyongereyeho 149 Frw.

Ibi biciro bishya byatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, bigaragaza ko Igiciro cya Lisansi mu Mujyi wa Kigali kitagomba kurenza 1 609 Frw naho icya mazutu kikaba kitagomba kurenza 1 607 Frw kuri Litiro imwe.

Ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, bije bikurikira ibyaherukaga aho litiro ya Lisansi yariri iri ku 1 460 Frw mu gihe iya Mazutu yaguraga 1 503. Bivuze ko Lisansi yazamutseho 149 Frw naho Mazutu ikaba yiyongereyeho 104 Frw.

Ibi biciro bishya byashyizweho nanone Leta ishyizemo nkunganire y’imisoro yigomwa kuva muri Gicurasi 2021 kuko iyo idashyiramo iyi nkunganire, litira ya Lisansi yari kuba yiyongereyeho 307 Frw naho Mazutu ikaba yari kuba yazamutseho 254 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remerezo, Dr Ernest Nsabimana yagize ati “Ubushize Leta na bwo yakoze isesengura ireba ibi biciro dufite uyu munsi uko byari byazamutse, ishyiramo iriya nkunganire, ni na ko uyu munsi byagenze. Leta yashyizemo hafi miliyari 10 Frw kugira ngo nibura ibiciro bigabanuke.”

Dr Nsabimana yamaze impungenge abashobora gukeka ko igiciro cy’ingendo gishobora kuzamuka, avuga ko Ishyira iyi nkunganire ishyira muri ibi biciro by’ibikomoka kuri Peteroli iba igamije kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

Avuga kandi ko hari n’izindi nkunganire zitangwa na Leta mu bijyanye no gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku zindi nzego z’imibereho y’abaturarwanda.

Ati “Usibye n’aya mafaranga miyali 10 Leta iba yigomwe, nubundi hari andi mafaranga Leta ishyira mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, kugeza ubu imaze gutanga hafi miliyari 35 haba mu kubunganira mu bijyanye na mazutu cyangwa Lisansi, inguzanyo bagenda bafata muri banki ndetse no gufasha umugenzi kugira ngo igiciro kitazamuka.”

Ibi biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bizongera guhindurwa nyuma y’amezi abiri, byarushijeho gutumbagira ubwo hadukaga intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje kuzahaza ubukungu bw’Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Next Post

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.