Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka nubwo yashyizemo nkunganire aho lisansi yagombaga kuzamukaho 307 Frw yiyongereyeho 149 Frw.

Ibi biciro bishya byatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, bigaragaza ko Igiciro cya Lisansi mu Mujyi wa Kigali kitagomba kurenza 1 609 Frw naho icya mazutu kikaba kitagomba kurenza 1 607 Frw kuri Litiro imwe.

Ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, bije bikurikira ibyaherukaga aho litiro ya Lisansi yariri iri ku 1 460 Frw mu gihe iya Mazutu yaguraga 1 503. Bivuze ko Lisansi yazamutseho 149 Frw naho Mazutu ikaba yiyongereyeho 104 Frw.

Ibi biciro bishya byashyizweho nanone Leta ishyizemo nkunganire y’imisoro yigomwa kuva muri Gicurasi 2021 kuko iyo idashyiramo iyi nkunganire, litira ya Lisansi yari kuba yiyongereyeho 307 Frw naho Mazutu ikaba yari kuba yazamutseho 254 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remerezo, Dr Ernest Nsabimana yagize ati “Ubushize Leta na bwo yakoze isesengura ireba ibi biciro dufite uyu munsi uko byari byazamutse, ishyiramo iriya nkunganire, ni na ko uyu munsi byagenze. Leta yashyizemo hafi miliyari 10 Frw kugira ngo nibura ibiciro bigabanuke.”

Dr Nsabimana yamaze impungenge abashobora gukeka ko igiciro cy’ingendo gishobora kuzamuka, avuga ko Ishyira iyi nkunganire ishyira muri ibi biciro by’ibikomoka kuri Peteroli iba igamije kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

Avuga kandi ko hari n’izindi nkunganire zitangwa na Leta mu bijyanye no gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku zindi nzego z’imibereho y’abaturarwanda.

Ati “Usibye n’aya mafaranga miyali 10 Leta iba yigomwe, nubundi hari andi mafaranga Leta ishyira mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, kugeza ubu imaze gutanga hafi miliyari 35 haba mu kubunganira mu bijyanye na mazutu cyangwa Lisansi, inguzanyo bagenda bafata muri banki ndetse no gufasha umugenzi kugira ngo igiciro kitazamuka.”

Ibi biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bizongera guhindurwa nyuma y’amezi abiri, byarushijeho gutumbagira ubwo hadukaga intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje kuzahaza ubukungu bw’Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Next Post

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.