Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Guverinoma yavuze za Miliyari yigomwe ngo ibiciro bya Lisansi bidatumbagira bikabije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka nubwo yashyizemo nkunganire aho lisansi yagombaga kuzamukaho 307 Frw yiyongereyeho 149 Frw.

Ibi biciro bishya byatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, bigaragaza ko Igiciro cya Lisansi mu Mujyi wa Kigali kitagomba kurenza 1 609 Frw naho icya mazutu kikaba kitagomba kurenza 1 607 Frw kuri Litiro imwe.

Ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, bije bikurikira ibyaherukaga aho litiro ya Lisansi yariri iri ku 1 460 Frw mu gihe iya Mazutu yaguraga 1 503. Bivuze ko Lisansi yazamutseho 149 Frw naho Mazutu ikaba yiyongereyeho 104 Frw.

Ibi biciro bishya byashyizweho nanone Leta ishyizemo nkunganire y’imisoro yigomwa kuva muri Gicurasi 2021 kuko iyo idashyiramo iyi nkunganire, litira ya Lisansi yari kuba yiyongereyeho 307 Frw naho Mazutu ikaba yari kuba yazamutseho 254 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remerezo, Dr Ernest Nsabimana yagize ati “Ubushize Leta na bwo yakoze isesengura ireba ibi biciro dufite uyu munsi uko byari byazamutse, ishyiramo iriya nkunganire, ni na ko uyu munsi byagenze. Leta yashyizemo hafi miliyari 10 Frw kugira ngo nibura ibiciro bigabanuke.”

Dr Nsabimana yamaze impungenge abashobora gukeka ko igiciro cy’ingendo gishobora kuzamuka, avuga ko Ishyira iyi nkunganire ishyira muri ibi biciro by’ibikomoka kuri Peteroli iba igamije kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku mibereho y’abaturage.

Avuga kandi ko hari n’izindi nkunganire zitangwa na Leta mu bijyanye no gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka bikaba byanagira ingaruka ku zindi nzego z’imibereho y’abaturarwanda.

Ati “Usibye n’aya mafaranga miyali 10 Leta iba yigomwe, nubundi hari andi mafaranga Leta ishyira mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, kugeza ubu imaze gutanga hafi miliyari 35 haba mu kubunganira mu bijyanye na mazutu cyangwa Lisansi, inguzanyo bagenda bafata muri banki ndetse no gufasha umugenzi kugira ngo igiciro kitazamuka.”

Ibi biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bizongera guhindurwa nyuma y’amezi abiri, byarushijeho gutumbagira ubwo hadukaga intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje kuzahaza ubukungu bw’Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Amarira yatangiye guhanagurwa: Imodoka zitwara abagenzi muri Kigali ziyongereyemo iz’indi Kompanyi

Next Post

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.