Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeye ibimaze iminsi bivugwa ko hari Abanyarwanda bahungiye mu Bihugu by’ibituranyi kubera kwanga kwikingiza COVID-19 ariko ko umubare wabo ari muto ku buryo ntawari ukwiye kubikabiriza ngo abantu bumve ko kabaye.

Mu minsi 13 yonyine y’ukwezi kwa Mutarama 2022; hamaze kumenyekana Abanyarwanda 143 bahunze Igihugu kubera kwanga kwikingiza barimo bamwe bari mu bihugu by’abaturanyi n’abandi bafashwe batarambuka imipaka.

Muir abo bantu harimo 12 bahungiye i Burundi ubuyobozi bwa kiriya Gihugu bukabirukana, hakaba bandi 11 bo mu Turere twa Rwamagana na Ngoma bafashwe bahungira muri Uganda mu gihe abandi 120 bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko iby’aba Banyarwanda yabyumvise ariko ko nta gikuba cyacitse.

Ati “Abantu bareke gukabiririza ibintu ngo bakore nk’aho ibintu byacitse. Muri kino Gihugu barebye umubare w’Abanyarwanda uhatuye, muri kino Gihugu barebye umubare w’inkingo zimaze gutangwa? Niba abantu 10, 20 cyangwa 100 bavuze bati ‘kubera imyumvire yacu kubera imyemerere yacu duhunze urukingo’ ntabwo ari byo bigaragaza ko mu Gihugu ibintu byacitse.”

Alain Mukurarinda avuga ko aba Banyarwanda bahunze nta burenganzira bwabo bwahutajwe kuko gukingira mu Rwanda atari itegeko.

Ati “Ariko ku rundi ruhande niba mu Bakangurambaga bahari barimo bagenda bakangurira abantu ntibabasobanurire ibijyanye n’urukingo hakaba na none hari uwarengera kuko ahari abantu ntihabura urunturuntu birashoboka ko yarengera agasa n’ushyiraho igitugu, ibyo ni ibyo kwamaganwa.”

Imiryango itari iya Leta iherutse gutangaza ko gahunda yo gutanga inkingo ikwiye gutandukanywa na serivisi zimwe na zimwe ubu zihabwa abamaze kwikingiza.

Alain Mukuralinda avuga ko Leta y’u Rwanda idateze gukomorera serivisi zakomwe ku bantu batarikingiza.

Ati “Niba ibyo bintu byose byarakugezeho nk’umuturage ugahitamo kwanga kwikingiza Leta izakomeza ikwigishe ariko ku rundi ruhande izanarinda abahisemo kwingiza, mu kubarinda rero ejo nibakubwira ngo ‘ntabwo winjira muri bus kuko udakingiye, ntabwo winjira mu Kiliziya kuko udakingiye, ntabwo umwana wawe yinjira mu ishuri kuko adakingiye’, kubera ko Leta izaba yarakoze ibyo igomba gukora byose ikabikugezaho, izo ngaruka ugomba kuzirengera.”

Mukuralinda avuga kandi ko iby’aba baturage bahunga Igihugu kubera kwanga kwikingiza, bidashobora guhindanya isura y’u Rwanda kuko Leta yo yakoze ibyo igomba gukora byose kandi ko iyi gahunda itigeze igirwa itegeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 1 =

Previous Post

Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje

Next Post

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.