Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeye ibimaze iminsi bivugwa ko hari Abanyarwanda bahungiye mu Bihugu by’ibituranyi kubera kwanga kwikingiza COVID-19 ariko ko umubare wabo ari muto ku buryo ntawari ukwiye kubikabiriza ngo abantu bumve ko kabaye.

Mu minsi 13 yonyine y’ukwezi kwa Mutarama 2022; hamaze kumenyekana Abanyarwanda 143 bahunze Igihugu kubera kwanga kwikingiza barimo bamwe bari mu bihugu by’abaturanyi n’abandi bafashwe batarambuka imipaka.

Muir abo bantu harimo 12 bahungiye i Burundi ubuyobozi bwa kiriya Gihugu bukabirukana, hakaba bandi 11 bo mu Turere twa Rwamagana na Ngoma bafashwe bahungira muri Uganda mu gihe abandi 120 bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko iby’aba Banyarwanda yabyumvise ariko ko nta gikuba cyacitse.

Ati “Abantu bareke gukabiririza ibintu ngo bakore nk’aho ibintu byacitse. Muri kino Gihugu barebye umubare w’Abanyarwanda uhatuye, muri kino Gihugu barebye umubare w’inkingo zimaze gutangwa? Niba abantu 10, 20 cyangwa 100 bavuze bati ‘kubera imyumvire yacu kubera imyemerere yacu duhunze urukingo’ ntabwo ari byo bigaragaza ko mu Gihugu ibintu byacitse.”

Alain Mukurarinda avuga ko aba Banyarwanda bahunze nta burenganzira bwabo bwahutajwe kuko gukingira mu Rwanda atari itegeko.

Ati “Ariko ku rundi ruhande niba mu Bakangurambaga bahari barimo bagenda bakangurira abantu ntibabasobanurire ibijyanye n’urukingo hakaba na none hari uwarengera kuko ahari abantu ntihabura urunturuntu birashoboka ko yarengera agasa n’ushyiraho igitugu, ibyo ni ibyo kwamaganwa.”

Imiryango itari iya Leta iherutse gutangaza ko gahunda yo gutanga inkingo ikwiye gutandukanywa na serivisi zimwe na zimwe ubu zihabwa abamaze kwikingiza.

Alain Mukuralinda avuga ko Leta y’u Rwanda idateze gukomorera serivisi zakomwe ku bantu batarikingiza.

Ati “Niba ibyo bintu byose byarakugezeho nk’umuturage ugahitamo kwanga kwikingiza Leta izakomeza ikwigishe ariko ku rundi ruhande izanarinda abahisemo kwingiza, mu kubarinda rero ejo nibakubwira ngo ‘ntabwo winjira muri bus kuko udakingiye, ntabwo winjira mu Kiliziya kuko udakingiye, ntabwo umwana wawe yinjira mu ishuri kuko adakingiye’, kubera ko Leta izaba yarakoze ibyo igomba gukora byose ikabikugezaho, izo ngaruka ugomba kuzirengera.”

Mukuralinda avuga kandi ko iby’aba baturage bahunga Igihugu kubera kwanga kwikingiza, bidashobora guhindanya isura y’u Rwanda kuko Leta yo yakoze ibyo igomba gukora byose kandi ko iyi gahunda itigeze igirwa itegeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje

Next Post

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.