Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yatanze konji

radiotv10by radiotv10
08/04/2024
in MU RWANDA
0
Guverinoma y’u Rwanda yatanze konji
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uyu munsi tariki 08 Mata 2024 ari umunsi w’ikiruhuko rusange.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, rivuga ko “imenyesha abakoresha n’abakozi mu nzego za Leta n’iz’Abikorera ko Guverinoma y’u Rwanda yatanze ikiruhuko tariki ya 8 Mata 2024.”

Ni ikiruhuko gitanzwe ku munsi ukurikira tariki 07 Mata 2024 watangirijweho ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Itangazo ritanga iki kiruhuko, rije rikurikira iryari ryatangajwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo ku wa 06 Mata 2024, ryavugaga ko none tariki 08 Mata 2024 ari umunsi w’akazi.

Ibi biteganywa n’Iteka rya Perezida No 062/01 ryo ku ya 19 Ukwakira 2022 rigena iminsi y’ikiruhuko rusange, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 28.

Ubusanzwe iyo umunsi wo gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, byahuriranaga n’umwe mu minsi y’impera z’icyumweru, ku munsi wa mbere w’akazi wabaga ari ikiruhuko, ariko iri teka rikaba ryarateganyije ko nta kiruhuko gitangwa ku munsi wo gutangirizaho ibikorwa byo Kwibuka.

Guverinoma isanzwe ifite ububasha bwo gutanga umunsi w’ikiruhuko, ikaba yagennye ko none tariki 08 Mata 2024, ari umunsi w’ikiruhuko ku bakozi ba Leta ndetse n’abo mu nzego z’abikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 15 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye na Perezida wa Israel, uwa Congo-Brazzaville n’uwayoboye u Bufaransa

Next Post

Kwibuka30: Uko Ibihugu byagaragarije u Rwanda ko rubiri ku mitima (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka30: Uko Ibihugu byagaragarije u Rwanda ko rubiri ku mitima (AMAFOTO)

Kwibuka30: Uko Ibihugu byagaragarije u Rwanda ko rubiri ku mitima (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.