Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije

radiotv10by radiotv10
17/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije
Share on FacebookShare on Twitter

Ahazwi nko kuri Brasserie mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere a Rubavu, haravugwa uburaya bukabije bukorwa n’abana batarageza imyaka y’ubukure, bamwe mu bahatuye bakavuga ko bakeka ko ari ho himukiye Sodomo na Gomora ivugwa muri Bibiliya.

Abatuye muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko abakora ubu buraya bagaragara cyane mu ijoro kandi bakaba bahari ari benshi ku buryo bavuga ko no kuhabaca bigoye.

Umwe yagize ati “Wagira ngo saa sita za nijoro bahamena batayo y’indaya muri iyi Brasseri. Ntabwo wabakumira ngo uzabashobore kuko uburaya buri kwiyongera cyane.”

Bavuga ko kubera ubu buraya bukabije muri aka gace, hari n’abantu benshi bafite indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Undi ati “Hano muri Brasseri ni SIDA gusa kubera abagabo b’ibisambanyi birirwa basambanya abana. Njyewe nzi nk’abana barindwi ni uko ntabavuga ngo ababyeyi babo batanyumva nabi ariko njye ndabazi bakoresha ubusambanyi.”

Umwe wiyemerera ko akora akazi k’uburaya utarageza imyaka 18 y’ubukure, yavuze ko yiyemeje gukora uyu murimo ugayitse ari amaburakindi.

Ati “Nabaye indaya kubera ubuzima bw’umwana, mu rugo ntabwo twishoboye mbega ndi n’impfubyi mfite umubyeyi umwe.”

Bamwe mu batuye muri aka gace bagarukira bamwe mu bakora ubu buraya kuko babiterwa n’ubuzima bugoye bw’imiryango baba bakomokamo.

Undi ati “Kuko ubuzima buba bwabacanze bakabura aho bajya, bakaza kwigira indaya, akavuga ati ‘reka nyafate basi ansambanye kigende ariko nyafate’.”

Undi muturage avuga ko uburaya ari akazi nk’akandi katunga umuntu, gusa akivuga ibi yahise yamaganirwa kure n’abaturage bari bamwegereye.

Yagize ati “Ubu uwamuha bitatu yabyanga? Ni akazi kose namwe mwese mujya mukora.”

Aba baturage basaba inzego zose zifite aho zihuriye no kurengera umwana gukora iyo bwabaga zigakemura ikibazo cy’aba bana basambanywa bagahabwa amafaranga kuko giteye inkeke dore ko abakora ubu burara bari hagati y’imyaka 12 kuzamura kugeza kuri 18.

Undi ati “Icyo dusaba ni uko bazana Polisi ikaza hano mu muhanda nimugoroba kuko ni bwo batangira akazi, ikajya ifata abana bakiri bato ikabajyana mu kigo ngororamuco.”

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Imiryango iharanira Uburenganzira bw’umwana izwi nka Umwana ku Isonga, Ruzigana Maximillien yamaganye ubu busambanyi bukoreshwa aba bana.

Ati “Niba hari uri munsi y’imyaka 18, inzego z’ubuyobozi ziri aho hantu zibimenyeshejwe zagombye gutanga amakuru y’ibyo bibazo.”

Ruzigana avuga ko aba bana bashobora kwishora muri ubu buraya batazi ko bari mu kaga bitewe n’ibibazo byatumye bajya muri izo ngeso, ariko ababibonye baba bakwiye kubatabara bakamenyesha inzego zikabikurikirana.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko butari bufite ayo makuru ariko ngo bugiye kuyakurikirana bufatanyije n’inzego bireba ngo hashakwe igisubizo cy’iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Bwa mbere Teta Sandra yavuze kuri Weasel wavuzweho kumwuzuza inguma umubiri wose

Next Post

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo 'dutuma bitaryoha'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.