Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije

radiotv10by radiotv10
17/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
“Haba hameze nk’ahazanywe batayo y’indaya”…Hari ahiswe irimbukiro kubera uburaya bukabije
Share on FacebookShare on Twitter

Ahazwi nko kuri Brasserie mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere a Rubavu, haravugwa uburaya bukabije bukorwa n’abana batarageza imyaka y’ubukure, bamwe mu bahatuye bakavuga ko bakeka ko ari ho himukiye Sodomo na Gomora ivugwa muri Bibiliya.

Abatuye muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko abakora ubu buraya bagaragara cyane mu ijoro kandi bakaba bahari ari benshi ku buryo bavuga ko no kuhabaca bigoye.

Umwe yagize ati “Wagira ngo saa sita za nijoro bahamena batayo y’indaya muri iyi Brasseri. Ntabwo wabakumira ngo uzabashobore kuko uburaya buri kwiyongera cyane.”

Bavuga ko kubera ubu buraya bukabije muri aka gace, hari n’abantu benshi bafite indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Undi ati “Hano muri Brasseri ni SIDA gusa kubera abagabo b’ibisambanyi birirwa basambanya abana. Njyewe nzi nk’abana barindwi ni uko ntabavuga ngo ababyeyi babo batanyumva nabi ariko njye ndabazi bakoresha ubusambanyi.”

Umwe wiyemerera ko akora akazi k’uburaya utarageza imyaka 18 y’ubukure, yavuze ko yiyemeje gukora uyu murimo ugayitse ari amaburakindi.

Ati “Nabaye indaya kubera ubuzima bw’umwana, mu rugo ntabwo twishoboye mbega ndi n’impfubyi mfite umubyeyi umwe.”

Bamwe mu batuye muri aka gace bagarukira bamwe mu bakora ubu buraya kuko babiterwa n’ubuzima bugoye bw’imiryango baba bakomokamo.

Undi ati “Kuko ubuzima buba bwabacanze bakabura aho bajya, bakaza kwigira indaya, akavuga ati ‘reka nyafate basi ansambanye kigende ariko nyafate’.”

Undi muturage avuga ko uburaya ari akazi nk’akandi katunga umuntu, gusa akivuga ibi yahise yamaganirwa kure n’abaturage bari bamwegereye.

Yagize ati “Ubu uwamuha bitatu yabyanga? Ni akazi kose namwe mwese mujya mukora.”

Aba baturage basaba inzego zose zifite aho zihuriye no kurengera umwana gukora iyo bwabaga zigakemura ikibazo cy’aba bana basambanywa bagahabwa amafaranga kuko giteye inkeke dore ko abakora ubu burara bari hagati y’imyaka 12 kuzamura kugeza kuri 18.

Undi ati “Icyo dusaba ni uko bazana Polisi ikaza hano mu muhanda nimugoroba kuko ni bwo batangira akazi, ikajya ifata abana bakiri bato ikabajyana mu kigo ngororamuco.”

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Imiryango iharanira Uburenganzira bw’umwana izwi nka Umwana ku Isonga, Ruzigana Maximillien yamaganye ubu busambanyi bukoreshwa aba bana.

Ati “Niba hari uri munsi y’imyaka 18, inzego z’ubuyobozi ziri aho hantu zibimenyeshejwe zagombye gutanga amakuru y’ibyo bibazo.”

Ruzigana avuga ko aba bana bashobora kwishora muri ubu buraya batazi ko bari mu kaga bitewe n’ibibazo byatumye bajya muri izo ngeso, ariko ababibonye baba bakwiye kubatabara bakamenyesha inzego zikabikurikirana.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko butari bufite ayo makuru ariko ngo bugiye kuyakurikirana bufatanyije n’inzego bireba ngo hashakwe igisubizo cy’iki kibazo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 18 =

Previous Post

Bwa mbere Teta Sandra yavuze kuri Weasel wavuzweho kumwuzuza inguma umubiri wose

Next Post

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo 'dutuma bitaryoha'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.