Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in MU RWANDA
0
Habaye igisa n’igitangaza ku mugabo wari umaze umunsi urenga yagwiriwe n’ikirombe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha 29, umugabo wari wagwiriwe n’ikirombe giherereye mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yakuwemo akiri muzima, mu gihe mugenzi we bari kumwe, wanakuwemo mbere ye, we yari yitabye Imana.

Ni nyuma y’uko iki kirombe giherereye mu Mudugudu wa Ndagwa mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Rugarika, kiridutse ku wa 31 Mutarama 2024, kubera imvura yari imaze iminsi igwa.

Ubwo iki kirombe gicukurwamo amabuye yo kubakisha azwi nk’Urugarika cyaridukaga, hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha abagabo babiri bari barimo, ariko hahita haboneka umwe w’imyaka 43 wari witabye Imana, mu gihe mugenzi we w’imyaka 47 yari ataraboneka.

Kuri uyu wa Kane tariki 01 Gashyantare 2024, nyuma y’amasaha 29, ni bwo uyu wari utaraboneka ari we Gafurafura Claver, yakuwemo, akiri muzima.

Gusa basanze yaracitse urutoki, aho yavuze ko rwaciwe n’ibuye ryamugwiriye, akaba yahise ajyanwa kwa muganga kugira ngo abaganga bamwiteho.

Nyuma y’uko iki kirombe kiguye, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yari yavuze ko nta cyizere ko uyu wari usigayemo na we yaba akiri muzima, nyuma y’uko uwa mbere yari yavanywemo yitabye Imana.

Icyo gihe SP Emmanuel Habiyaremye yari yagize ati “Twabashije gushakisha abo bagabo, tubasha gukuramo umwe, undi na we ibikorwa byo kumushakisha biracyakomeje, gusa nta cyizere ko ashobora kuvamo ari muzima kuko hashize umwanya munini turi gucukura ngo turebe ko twamugeraho.”

Gafurafura Claver yakuwe mu kirombe nyuma y’amasaha 29 akiri muzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Gisagara: Bahishuye ingeso y’ibitemewe yakujije indi ibabangamiye

Next Post

Abadapite bavuze ikibazo gihora gisubirwamo ariko ntigikemuke bakibaza icyabuze

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

Abadapite bavuze ikibazo gihora gisubirwamo ariko ntigikemuke bakibaza icyabuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.