Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo

radiotv10by radiotv10
03/09/2022
in MU RWANDA
0
Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Liechtenstein, ubwo bari mu kiganiro mpaka ku itegeko ry’ubwishingizi bw’Umutingito, batunguwe n’uko umutingito wahise ukubita ukarogoya ibyo barimo.

Izi ntumwa za rubanda zo muri iki Gihugu gito cyo ku Mugabane w’u Burayi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane zari mu kiganiro mpaka ku mushinga wo kuvugurura itegeko rishyiraho ubwishingizi ku mutingito.

Amashusho yashyizwe hanze na Lantag, agaragaza umutingito waduka inshuro ebyiri ubwo izi ntumwa za rubanza zari mu biganiro ku mushinga wo kuvugurura itegeko ryerekeye ubwishingizi bw’umutingito.

Uyu mutingito wabaye inshuro ebyiri wari ku gipimo cya 4,1; usanga aba badepite bajya impaka ko ubu bwishingizi ari ngombwa.

Umutingito wa mbere wabaye ubwo harimo havuga Umushingamategeko witwa Bettina Petzold-Mähr.

Uwa kabri wo waje unakomeye ukanangiza bimwe muri iyi Ngoro y’Inteko, warogoye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Albert Frick, ndetse n’Imirimo y’Inteko ibanza guhagarara kuko aba bashingamategeko babanje kuva mu ngoro y’Inteko.

Polisi yo muri iki Gihugu cya Liechtenstein, yatangaje ko bakiriye abahamagara benshi bagaragaza iki kibazo cy’iyi mitingito yari ku gipimo cya 2,4 na 3,9.

Itangazo rya Polisi y’iki Gihugu, rigira riti “Kugeza ubu nta muntu uramenyekana wakomeretse cyangwa umutungo waba wangiritse.”

Ikigo Nyaburayi gishizwe kugenzura ibijyanye n’Inyanja ya Mediterranean, yavuze ko aho uyu mutingito wanabaye mu bice bimwe byo muri Austria na Switzerland kimwe no mu bice bimwe byo no muri mu majyepfo y’u Budage nka Bavaria na Baden-Württemberg.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + fourteen =

Previous Post

DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

Next Post

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.