Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo

radiotv10by radiotv10
03/09/2022
in MU RWANDA
0
Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Liechtenstein, ubwo bari mu kiganiro mpaka ku itegeko ry’ubwishingizi bw’Umutingito, batunguwe n’uko umutingito wahise ukubita ukarogoya ibyo barimo.

Izi ntumwa za rubanda zo muri iki Gihugu gito cyo ku Mugabane w’u Burayi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane zari mu kiganiro mpaka ku mushinga wo kuvugurura itegeko rishyiraho ubwishingizi ku mutingito.

Amashusho yashyizwe hanze na Lantag, agaragaza umutingito waduka inshuro ebyiri ubwo izi ntumwa za rubanza zari mu biganiro ku mushinga wo kuvugurura itegeko ryerekeye ubwishingizi bw’umutingito.

Uyu mutingito wabaye inshuro ebyiri wari ku gipimo cya 4,1; usanga aba badepite bajya impaka ko ubu bwishingizi ari ngombwa.

Umutingito wa mbere wabaye ubwo harimo havuga Umushingamategeko witwa Bettina Petzold-Mähr.

Uwa kabri wo waje unakomeye ukanangiza bimwe muri iyi Ngoro y’Inteko, warogoye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Albert Frick, ndetse n’Imirimo y’Inteko ibanza guhagarara kuko aba bashingamategeko babanje kuva mu ngoro y’Inteko.

Polisi yo muri iki Gihugu cya Liechtenstein, yatangaje ko bakiriye abahamagara benshi bagaragaza iki kibazo cy’iyi mitingito yari ku gipimo cya 2,4 na 3,9.

Itangazo rya Polisi y’iki Gihugu, rigira riti “Kugeza ubu nta muntu uramenyekana wakomeretse cyangwa umutungo waba wangiritse.”

Ikigo Nyaburayi gishizwe kugenzura ibijyanye n’Inyanja ya Mediterranean, yavuze ko aho uyu mutingito wanabaye mu bice bimwe byo muri Austria na Switzerland kimwe no mu bice bimwe byo no muri mu majyepfo y’u Budage nka Bavaria na Baden-Württemberg.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nineteen =

Previous Post

DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

Next Post

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.