Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo

radiotv10by radiotv10
03/09/2022
in MU RWANDA
0
Habaye umutingito ubwo Abadepite barimo bigaga ku bwishingizi bwawo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Liechtenstein, ubwo bari mu kiganiro mpaka ku itegeko ry’ubwishingizi bw’Umutingito, batunguwe n’uko umutingito wahise ukubita ukarogoya ibyo barimo.

Izi ntumwa za rubanda zo muri iki Gihugu gito cyo ku Mugabane w’u Burayi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane zari mu kiganiro mpaka ku mushinga wo kuvugurura itegeko rishyiraho ubwishingizi ku mutingito.

Amashusho yashyizwe hanze na Lantag, agaragaza umutingito waduka inshuro ebyiri ubwo izi ntumwa za rubanza zari mu biganiro ku mushinga wo kuvugurura itegeko ryerekeye ubwishingizi bw’umutingito.

Uyu mutingito wabaye inshuro ebyiri wari ku gipimo cya 4,1; usanga aba badepite bajya impaka ko ubu bwishingizi ari ngombwa.

Umutingito wa mbere wabaye ubwo harimo havuga Umushingamategeko witwa Bettina Petzold-Mähr.

Uwa kabri wo waje unakomeye ukanangiza bimwe muri iyi Ngoro y’Inteko, warogoye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Albert Frick, ndetse n’Imirimo y’Inteko ibanza guhagarara kuko aba bashingamategeko babanje kuva mu ngoro y’Inteko.

Polisi yo muri iki Gihugu cya Liechtenstein, yatangaje ko bakiriye abahamagara benshi bagaragaza iki kibazo cy’iyi mitingito yari ku gipimo cya 2,4 na 3,9.

Itangazo rya Polisi y’iki Gihugu, rigira riti “Kugeza ubu nta muntu uramenyekana wakomeretse cyangwa umutungo waba wangiritse.”

Ikigo Nyaburayi gishizwe kugenzura ibijyanye n’Inyanja ya Mediterranean, yavuze ko aho uyu mutingito wanabaye mu bice bimwe byo muri Austria na Switzerland kimwe no mu bice bimwe byo no muri mu majyepfo y’u Budage nka Bavaria na Baden-Württemberg.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

DRC: Kajugujugu ya LONI yakoze impanuka irahanuka

Next Post

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Ingabo za Uganda ziravugwaho gutwika inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo zikabashushubikanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.