Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka itanu Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bushinwa bitagenderana, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa USA, Antony Blinken, yagiriye uruzinduko mu Bushinwa.

Blinken wageze mu Bushinwa kuri iki Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, yahuye na Minisitri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Qin Gang, n’umudiplomate wo ku rwego rukuru muri icyo gihugu, Wang Yi.

Antony Blinken kandi kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023m yanakiriwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping wanatangaje ko impande z’Ibihugu byombi, hari icyo zagezeho zumvikana ku ngingo zimwe na zimwe.

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’Isi, biravuga ko uru rugendo rusobanuye byinshi ku Bihugu byombi, bimaze imyaka birebana ay’ingwe cyane cyane ibibazo hagati yabyo bikaba bishingiye ku bucuruzi.

Ndetse mu bihe bitandukanye Ibihugu byombi byagiye bifatirana ibihano mu by’ubukungu birimo kuba Amerika yahagaritse kompanyi zo mu Bushinwa zikorera ubucuruzi muri Amerika.

Nubwo ibibazo hagati y’ibi Bihugu bishingiye ku bucuruzi, ariko imbarutso yabyo byose bishingiye ku kirwa cya Taiwan.

U Bushinwa bufata iki kirwa nk’ubutaka bwabwo, Taiwan yo ikavuga ko ari Igihugu cyigenga, Amerika ikaziramo isaba ko Taiwan yahabwa uburenganzira bwuzuye.

Hari bamwe babona uru rugendo nk’urugiye kugarura umubano hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, ibibazo birebana n’uburenganzira bwa muntu, Taiwan, ikoranabuhanga, n’ibindi bikavugutirwa umuti.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 4 =

Previous Post

Hagaragajwe imibare mishya y’uko Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze

Next Post

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.