Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka itanu Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bushinwa bitagenderana, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa USA, Antony Blinken, yagiriye uruzinduko mu Bushinwa.

Blinken wageze mu Bushinwa kuri iki Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, yahuye na Minisitri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Qin Gang, n’umudiplomate wo ku rwego rukuru muri icyo gihugu, Wang Yi.

Antony Blinken kandi kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023m yanakiriwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping wanatangaje ko impande z’Ibihugu byombi, hari icyo zagezeho zumvikana ku ngingo zimwe na zimwe.

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’Isi, biravuga ko uru rugendo rusobanuye byinshi ku Bihugu byombi, bimaze imyaka birebana ay’ingwe cyane cyane ibibazo hagati yabyo bikaba bishingiye ku bucuruzi.

Ndetse mu bihe bitandukanye Ibihugu byombi byagiye bifatirana ibihano mu by’ubukungu birimo kuba Amerika yahagaritse kompanyi zo mu Bushinwa zikorera ubucuruzi muri Amerika.

Nubwo ibibazo hagati y’ibi Bihugu bishingiye ku bucuruzi, ariko imbarutso yabyo byose bishingiye ku kirwa cya Taiwan.

U Bushinwa bufata iki kirwa nk’ubutaka bwabwo, Taiwan yo ikavuga ko ari Igihugu cyigenga, Amerika ikaziramo isaba ko Taiwan yahabwa uburenganzira bwuzuye.

Hari bamwe babona uru rugendo nk’urugiye kugarura umubano hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, ibibazo birebana n’uburenganzira bwa muntu, Taiwan, ikoranabuhanga, n’ibindi bikavugutirwa umuti.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Hagaragajwe imibare mishya y’uko Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze

Next Post

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

IFOTO: Umuyobozi ukomeye ku Isi mu byishimo n’abuzukuru be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.