Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA
0
Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Serene Haven giherereye mu gace ka Nyeri muri Kenya, gifasha abakobwa batewe inda zitateguwe, kikabaha uburezi mu masomo y’icyiciro cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, aho bamwe mu bigamo baba batwite abandi bafite abana babo babyaye.

Mu kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, Elizabeth Wanjiru Mariuk washinze iki kigo kitwa Serene Haven kita ku bakobwa batewe inda bakiri bato, kikanabaha amasomo, avuga ko yashinze uyu muryango mu rwego rwo guha ubushobozi abari n’abategarugori batishoboye.

Ati “Dufasha abakobwa bari mu myaka ibemerera kujya mu ishuri, yaba abatewe inda basambanyijwe ku ngufu cyangwa abakorewe irindi hohoterwa.”

Uyu muryango umaze imyaka itatu ushinzwe, ufasha aba bakobwa mu bikorwa binyuranye birimo kubaha uburezi ndetse bamwe bakiga babayo bari kumwe n’abana babo.

Elizabeth Wanjiru Mariuk avuga ko na we yabyaye afite imyaka 18 ku buryo azi ingaruka zo kubyara ukiri muto, bigatuma agira igitekerezo cyo gushinga uyu muryango.

Ati “Byambereye ingorabahizi cyane kuko nari nkiri muto, nari ndangije amashuri yisumbuye.”

Avuga ko nubwo umuryango we utamutereranye, ariko bitari byoroshye, gutwita kuri iyo myaka 18 gusa kandi adafite umugabo.

Ati “Nubwo byari bimeze uko ariko nubundi byari bikomeye. Rero iyo ndebye aba bakobwa bato, nta bufasha bafite kuko bamwe ni impfubyi abandi barerwaga n’abagiraneza, iyo bamaze gutwara inda bagahita babirukana.”

Aba bakobwa baba bicaye mu ishuri bakurikira amasomo bari kumwe n’abana babo, barira bakabitaho, n’igihe cyo kubonsa cyagera bakajya kubaha ibere.

Elizabeth avuga ko nubwo iki kigo kigerageza kubaha ibyo bakenera, ariko bahorana agahinda ku buryo batajya bapfa gutobora ngo bavuge ibyababayeho.

Ati “Niyumvisemo ko aba bakobwa bakeneye ubufasha bwo kurera abana babo. Ni yo ntego nyamukuru y’iki kigo.”

Abaje muri iki kigo batwite, bahabwa serivisi zose zihabwa ababyeyi batwite, ubundi bagafashwa gutegura kubyara ndetse bakanahabyarira, ubundi bagafashwa kurera abana babo.

Elizabeth akomeza gira ati “Icya mbere tuba twifuza ni uko aba bakobwa bahabwa uburezi kuko batarize ntibashobora kuzarera abana babo kandi ntibazaguma muri iki kigo.”

Iki kigo gifite ishuri ribanza, aho abatewe inda bakiri mu mashuri abanza, bakomerezamo, kikanagira iryisumbuye na ryo ryigamo abageze muri iki cyiciro.

Biga batwite ariko bakumva bishimye
Biga batwite abandi bari kumwe n’abana babyaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Next Post

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.