Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA
0
Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Serene Haven giherereye mu gace ka Nyeri muri Kenya, gifasha abakobwa batewe inda zitateguwe, kikabaha uburezi mu masomo y’icyiciro cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, aho bamwe mu bigamo baba batwite abandi bafite abana babo babyaye.

Mu kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, Elizabeth Wanjiru Mariuk washinze iki kigo kitwa Serene Haven kita ku bakobwa batewe inda bakiri bato, kikanabaha amasomo, avuga ko yashinze uyu muryango mu rwego rwo guha ubushobozi abari n’abategarugori batishoboye.

Ati “Dufasha abakobwa bari mu myaka ibemerera kujya mu ishuri, yaba abatewe inda basambanyijwe ku ngufu cyangwa abakorewe irindi hohoterwa.”

Uyu muryango umaze imyaka itatu ushinzwe, ufasha aba bakobwa mu bikorwa binyuranye birimo kubaha uburezi ndetse bamwe bakiga babayo bari kumwe n’abana babo.

Elizabeth Wanjiru Mariuk avuga ko na we yabyaye afite imyaka 18 ku buryo azi ingaruka zo kubyara ukiri muto, bigatuma agira igitekerezo cyo gushinga uyu muryango.

Ati “Byambereye ingorabahizi cyane kuko nari nkiri muto, nari ndangije amashuri yisumbuye.”

Avuga ko nubwo umuryango we utamutereranye, ariko bitari byoroshye, gutwita kuri iyo myaka 18 gusa kandi adafite umugabo.

Ati “Nubwo byari bimeze uko ariko nubundi byari bikomeye. Rero iyo ndebye aba bakobwa bato, nta bufasha bafite kuko bamwe ni impfubyi abandi barerwaga n’abagiraneza, iyo bamaze gutwara inda bagahita babirukana.”

Aba bakobwa baba bicaye mu ishuri bakurikira amasomo bari kumwe n’abana babo, barira bakabitaho, n’igihe cyo kubonsa cyagera bakajya kubaha ibere.

Elizabeth avuga ko nubwo iki kigo kigerageza kubaha ibyo bakenera, ariko bahorana agahinda ku buryo batajya bapfa gutobora ngo bavuge ibyababayeho.

Ati “Niyumvisemo ko aba bakobwa bakeneye ubufasha bwo kurera abana babo. Ni yo ntego nyamukuru y’iki kigo.”

Abaje muri iki kigo batwite, bahabwa serivisi zose zihabwa ababyeyi batwite, ubundi bagafashwa gutegura kubyara ndetse bakanahabyarira, ubundi bagafashwa kurera abana babo.

Elizabeth akomeza gira ati “Icya mbere tuba twifuza ni uko aba bakobwa bahabwa uburezi kuko batarize ntibashobora kuzarera abana babo kandi ntibazaguma muri iki kigo.”

Iki kigo gifite ishuri ribanza, aho abatewe inda bakiri mu mashuri abanza, bakomerezamo, kikanagira iryisumbuye na ryo ryigamo abageze muri iki cyiciro.

Biga batwite ariko bakumva bishimye
Biga batwite abandi bari kumwe n’abana babyaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + nine =

Previous Post

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Next Post

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.