BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, waregwaga ibyaha birimo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina, yakatiwe gufungwa imyaka itanu, no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Ni icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwaburanishije urubanza rw’ubujurire bwatwanzwe n’Ubushinjacyaha butari bwanyuzwe n’icyemezo cyo kumugira umwere cyari cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Izindi Nkuru

Urukiko rwamuhamije ibyaha bibiri; cyo gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Prince Kid wari waragizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu cyemezo cyasomwe tariki 02 Ukuboza 2022, ubwo Uru rubanza rwateshaga agaciro ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha butanyuzwe n’iki cyemezo, bwahise bujurira Urukiko Rukuru, ndetse buzana n’ibimenyetso bishya birimo amajwi bivugwa ko agize bimwe mu byaha akekwaho, aho uregwa yayamaganira kure, avuga ko telefone yafashe ayo majwi yari itarasohoka.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru