Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umuhanzi ukomeye ku Isi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Travis Montorius Greene atangaje ko atakitabiriye igitaramo yatumiwemo mu Rwanda no muri Uganda kubera iburabunyangamugayo bw’ababiteguye, abari bateguye icyo mu Rwanda bahise bagisubika kibura umunsi umunsi umwe ngo kibe.

Ni igitaramo kiswe Kigali Praise Fest 2022 cyagombaga kuba tariki 08 Ukuboza 2022 ndetse abari kuzakitabira bakaba bari baratangiye kugura amatike.

Mu buryo butunguranye mu ijoro ryacyeye, uyu muhanzi w’ikirangirire mu ndirimbo zaririmbiwe uwiteka Travis Montorius Greene yanyujije ubutumwa kuri Instagram, yisegura ku bari bategerezanyije amatsiko iki gitaramo cye.

Yavuze ko hari impamvu irenze imyumvire ye kuko yatengushywe n’abateguye ibi bitaramo mu Rwanda no muri Uganda.

Ati “Abateguye igitaramo ntibigizeye batugurira amatike y’indege kugira ngo tuze mu Gihugu cyanyu. Turi muri Afurika twariho dushaka kuza kuramya Imana hamwe namwe muri iki cyumweru. Hashize igihe itsinda ryanjye riri guhangana no gukemura iki kibazo cy’ubunyamwuga bucye nanjye ndasengezera abateguye igitaramo ngo nibura babasubize amafaranga y’amatike yanyu.”

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022, abateguye iki gitaramo cyo mu Rwanda, bahise na bo bashyira hanze itangazo ryo kugisubika.

Komapnyi ya RG-Consult Inc yavuze ko itorero rya ELOAH RISE MINISTRIES ryo muri Uganda ari ryo ryari riri mu bikorwa byo gutumira uyu muhanzi ariko ko batabashije kuzuza amasezerano bari bagiranye.

Iri tangazo rya RG-Consult Inc rikomeza rigira riti “Gusa nubwo bimeze gutyo turi kuganira n’umuhanzi kugira ngo hazatangazwe indi tariki iki gitaramo cyaberaho kandi bizatangazwa wenda ikindi gihe umwaka utaha.”

Iri tangazo rikomeza iyi komanyi yisegura ku bagirwaho ingaruka n’iki cyemezo, ikavuga ko ihita ihagarika ibikorwa byo kugurisha amatike.

Yanasabye kandi abaguze amatike ko kuva kuva ku wa Gatanu tariki 09 Ukuboza 2022, bazagana ibiro by’abayagurishije kugira ngo basubizwe amafaranga yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Next Post

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.