Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umuhanzi ukomeye ku Isi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Travis Montorius Greene atangaje ko atakitabiriye igitaramo yatumiwemo mu Rwanda no muri Uganda kubera iburabunyangamugayo bw’ababiteguye, abari bateguye icyo mu Rwanda bahise bagisubika kibura umunsi umunsi umwe ngo kibe.

Ni igitaramo kiswe Kigali Praise Fest 2022 cyagombaga kuba tariki 08 Ukuboza 2022 ndetse abari kuzakitabira bakaba bari baratangiye kugura amatike.

Mu buryo butunguranye mu ijoro ryacyeye, uyu muhanzi w’ikirangirire mu ndirimbo zaririmbiwe uwiteka Travis Montorius Greene yanyujije ubutumwa kuri Instagram, yisegura ku bari bategerezanyije amatsiko iki gitaramo cye.

Yavuze ko hari impamvu irenze imyumvire ye kuko yatengushywe n’abateguye ibi bitaramo mu Rwanda no muri Uganda.

Ati “Abateguye igitaramo ntibigizeye batugurira amatike y’indege kugira ngo tuze mu Gihugu cyanyu. Turi muri Afurika twariho dushaka kuza kuramya Imana hamwe namwe muri iki cyumweru. Hashize igihe itsinda ryanjye riri guhangana no gukemura iki kibazo cy’ubunyamwuga bucye nanjye ndasengezera abateguye igitaramo ngo nibura babasubize amafaranga y’amatike yanyu.”

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022, abateguye iki gitaramo cyo mu Rwanda, bahise na bo bashyira hanze itangazo ryo kugisubika.

Komapnyi ya RG-Consult Inc yavuze ko itorero rya ELOAH RISE MINISTRIES ryo muri Uganda ari ryo ryari riri mu bikorwa byo gutumira uyu muhanzi ariko ko batabashije kuzuza amasezerano bari bagiranye.

Iri tangazo rya RG-Consult Inc rikomeza rigira riti “Gusa nubwo bimeze gutyo turi kuganira n’umuhanzi kugira ngo hazatangazwe indi tariki iki gitaramo cyaberaho kandi bizatangazwa wenda ikindi gihe umwaka utaha.”

Iri tangazo rikomeza iyi komanyi yisegura ku bagirwaho ingaruka n’iki cyemezo, ikavuga ko ihita ihagarika ibikorwa byo kugurisha amatike.

Yanasabye kandi abaguze amatike ko kuva kuva ku wa Gatanu tariki 09 Ukuboza 2022, bazagana ibiro by’abayagurishije kugira ngo basubizwe amafaranga yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Next Post

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

by radiotv10
10/11/2025
0

Nyuma yuko hagiye hanze amashusho y’umuhanzi Yampano, akomeje kuzamura impaka, amakuru aravuga ko kujya hanze kwayo bishobora kuba bifitwemo ukuboko...

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

by radiotv10
10/11/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi Micky n’umukunzi we AG Promoter, basanzwe bazwiho imikino imenyerewe nka ‘Prank’, bamaze impungenge abashobora gukeka ko kwambikana...

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze...

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.