Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka

radiotv10by radiotv10
05/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hafashwe icyemezo ku musifuzi ukomeye i Burayi nyuma y’umukino wateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Darren England, umwe mu basifuzi bakomeye mu Bwongereza, yafatiwe icyemezo cyo kutazagira umukino n’umwe w’ikipe ya Liverpool azasifura muri uyu mwaka, nyuma y’umukino iyi kipe yatsinzwemo na Tottenham, ugakurikirwa n’impaka ko yasifuriye nabi iyi kipe.

Ni umukino wa Shampiyona, Liverpool yatsinzwemo na Tottenham 2-1, aho uyu musifuzi wari uri ku bugenzuzi bw’amashusho azwi nka VAR (Video Assistant Referees).

Darren England yanenzwe cyane nyuma y’uko hanzwe igitego cyari cyatsinzwe na Luis Diaz bavuga ko habayemo kurarira, nyamara bagasanga atari ko byari bimeze.

Darren England we yafatiwe ibihano byo kutazongera kuyobora umukino wa Liverpool mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ni mu gihe umutoza wa Liverpool, Jurgen Klopp we avuga ko umukino batsinzwemo na Spurs ukwiye gusubirwamo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, abajijwe icyo abivugaho nyuma y’uko hasohotse amajwi y’ibyo Simon Hooper (wari wasifuye hagati mu kibuga) yaganiriye n’uyu Darren England wari uri kuri VAR, Klopp yagize ati “Amajwi yo ndumva ntakintu na kimwe yahindura habe namba icyo ntumva neza ni igituma ibintu nk’ibi biba.”

Yakomeje agira ati “Nabonye ingaruka zabyo kuko nabonye igitego kijya mu izamu ariko kirangwa, rero ayo majwi ntacyo nari nyategerejemo cyane rwose. Ndatekereza ko ibintu byagakwiye kujya bikorwa mu buryo bwiza kandi bwa nyabwo.”

Yongera ati “Nibyo koko abo bireba bose yaba abasifuzi b’umukino Bose ndetse nabo kuri VAR ntibabikoze ku bushake, ni ikosa ryabayemo kandi rigaragara cyane ariko nifuza ko nyuma yaryo hajya habaho ibisubizo by’icyo kibazo kandi kizima.”

Klopp yakomeje agira ati “Ibi simbivuga nk’umutoza wa Liverpool gusa ahubwo nk’umunyamupira, icyashoboka ni ugusubiramo umukino n’uko byakagenze ariko Wenda byo ntibizabaho.”

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Impanuka ya moto yagonze imodoka yasize inkuru ibabaje y’abapolisi babiri b’u Rwanda

Next Post

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
MU RWANDA

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

11/07/2025
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w’Igihugu w’ubugiraneza

Kenya: Imvugo ikarishye y’utavuga rumwe n’ubutegetsi wamagana umugambi w'Igihugu w'ubugiraneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.