Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in SIPORO
1
Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umukino w’amaboko wa Handaball mu Rwanda (FERWAHAND), ryafatiye ibihano ikipe ya Police Handball Club nyuma y’uko yikuye mu mukino wa kamarampaka wayihuzaga na APR HC.

Ni umukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 29 Kamena 2024, utararangiye kuko ikipe ya Police HC yikuye mu kibuga uyu mukino utararangida.

Uku guhagarika umukino mu buryo butunguranye, byabaye ubwo APR Handball Club yahabwaga penaliti, ariko Police HC ntibyishimire, abakinnyi bayo bagafata icyemezo cyo kwikura mu mukino.

Nyuma y’iki gikorwa, Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND) ryamaze gutangaza ibihano bizahabwa Police HC birimo kuba uwo mukino barawutewemo mpaga kubera iyo myitwarire.

Itangazo rya FERWAHAND dufitiye Kopi, rigira riti “Ikipe ya Police Handball Club itewe mpaga bitewe no kwikura mu kibuga umukino utarangiye.”

Uyu mukino wari uwa mbere wa kamarampaka (Playoffs) usize Police HC itsinzwe; mu gihe umukino wa kabiri uzakinwa tariki ya 06 Nyakanga 2024.

FERWAHAND ikomeza igira iti “Ibindi bijyanye n’imyitwarire, inzego zibishinzwe ziri kubyigaho no kubisesengura mu gihe cya vuba, FERWAHAND ikazabamenyesha imyanzuro.”

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Comments 1

  1. Kalisa Dieudonne says:
    2 years ago

    Narinziko APR fc ariyo ihengamirwaho no muyandi makipe yayo burya naho nuko?bizarangira bite?gusa ababurana ari 2 umwe aba yigiza nkans

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

Next Post

Haiti: Hatangajwe umubare uremereye w’abana bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’amabandi

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Hatangajwe umubare uremereye w’abana bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’amabandi

Haiti: Hatangajwe umubare uremereye w’abana bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’amabandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.